• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/02/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
16/02/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
16/02/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
16/02/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Inzoka nini cyane yakozwe mu rubura yabaye urukererezabagenzi

Umwanditsi
March 1, 2021

Abavandimwe bo mu muryango umwe bifashishije urubura bakoze inzoka nini cyane ya Metero 23 yabaye urukererezabagenzi mu baturanyi babo.

Morn Mosley n’abavandimwe be batanu bamaze amasaha icumi bakora igishusho kinini mu rubura cyashimishije abaturanyi babo.

Mu 2019, uyu muryango waramamaye nyuma yo gukora ishusho y’ingwe mu rubura yakwiriye henshi ku mbuga nkoranyambaga.

Iyi nzoka bakoze ipima uburebure bwa 23m, bayikoreye imbere y’inzu ya nyina ubabyara. Bakoresheje amasaha 10 kugira ngo barangize iyi nzoka.

Byabafashe amasaha 10 kugira ngo barangize iyi nzoka.

Amashusho Bwana Mosley, umwe muri aba bavandimwe yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yerekana umuhate bakoresheje mu kubigeraho.

Babanje gukora ishusho y’iyi nyamaswa mbere yo kuyitera amabara bashaka. Mosley yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ati: “Data yazikoranaga natwe tukiri bato. Mu kwishimisha twakoze imwe twiyibutsa ibya cyera”.

Iki gishusho cyatangaje abaturanyi bagikunze kandi bakaza kukireba ari benshi.
Mosley ati: “Bose barahagarara bakagifotora”.

Mu 2019 baramamaye cyane mu gace batuyemo nyuma yo gukora ishusho y’ingwe mu rubura aha mu rugo rwabo.

Kuri Facebook ye, abantu benshi banditseho ko babonye iyi shusho kandi bashimagiza uyu muryango kuri aka gashya.

Umwe yanditse ati: “Umwaka utaha ubaye cyera ngo mwongere mutwereke icyo mushoboye”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga