• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
23/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
23/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
23/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Muhanga: Minicom yavuze ku mbogamizi zituma nta muriro, amazi n’amashanyarazi mu cyanya cy’inganda

Umwanditsi
March 10, 2021

Nyuma yaho tubagerejeho inkuru ya ba rwiyemezamirimo binubira ko icyanya cy’inganda cya Muhanga kitagira ibikorwaremezo birimo imihanda, amazi n’amashanyarazi, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda yasubije ko hari ibigitunganywa, ariko kandi inavuga ko nta ngengo y’imari.

Kamugisha Sam ni umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’ubucuruzi ushinzwe iterambere ry’inganda no guteza imbere abikorera biciye mu bigo bito n’ibiciriritse yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko nta ngengo y’imari ihari y’ibi bikorwa, ko babanje gufasha ibindi byanya by’inganda kwimuramo abaturage ndetse no gushyiramo bimwe mu bikorwaremezo, ariko yongeraho ko kugirango ibi bibashe kugenda neza hakenewe miliyari 26 zo gushyiramo ibi bikorwaremezo.

Yagize ati” Nibyo koko ntabwo icyanya cy’inganda cya Muhanga gitunganyije neza kugirango aba bashoramari bashaka kubaka inganda babashe kubikora. Hari ibikiri kunozwa kugirango bizarusheho kugenda neza babone n’ibyo bikorwaremezo kandi turimo kugerageza kubanza gukemura iby’ibanze birimo no kubanza kwimura abaturage”.

Yongeyeho ko iki cyanya cy’inganda cya Muhanga kizaba kiri ku buso bungana na Hegitari 63 bityo bisaba kubanza kwimura abaturage, aho kubimura ubwabyo bizatwara asaga miliyari 6 kandi nabyo bikaba bitarakorwa kuko iyi Minisiteri igitegereje ingengo y’imari izatangwa na Leta.

Kubijyanye n’igihe ibi bikorwaremezo bizaba byagereyemo, yagize ati “ Byatekerejweho ndetse binahabwa ingengo y’Imari izabigendaho, isaga miliyari 26 ariko birumvikana ko bizakorwa nyuma yo kwimura abaturage”.

Minicom yakebuye abashoramari bagura ubutaka mu cyanya cy’inganda

Uyu muyobozi muri Minisiteri y’Ubucuruzi yavuze ko yahagaritse abashoramari bose bajyaga kugura ubutaka kuko batazi neza aho inganda zizagarukira (zoning) kugirango zibashe kubakwa hirindwa ko uruganda rukora ibyuma rwegerana n’urukora ibiryo bisanzwe, bityo bikazafasha kwereka abasha kubaka aho bakwiye gushyira ibikorwa byabo hagamijwe kwegeranya abakora ibintu bimwe bigatuma hirindwa amakimbirane hagati y’abashoramari.

Kamugisha ati” Aba bashoramari twamaze kubahagarika kuko bagura ubutaka ariko ntibazi aho ubuso bw’iki cyanya buzagaruka. Ntabwo turerekana aho inganda zizagarukira, ushobora kugura ubutaka ugasanga uruganda rwawe rutahagenewe bigatuma tugusaba kwimuka kuko uko dushaka gukora ni ukwereka inganda zikora bimwe kwegerana bikazanafasha kugabanya abagirana ibibazo kubera imyanda yava aha ikajya ahandi byaba ibitumuka cyangwa ibidatumuka”.

Muri iki cyanya ndetse no mu mbago zacyo, hashize igihe abaturage batakira ubuyobozi ko abashoramari baza kubagurira ubutaka babaha amafaranga y’intica ntikize. Bavuga ko ubuyobozi ntacyo bwakoze kuri iki kibazo. Hari kandi abavuga ko nyuma y’uko bitangajwe ko aha hantu hagomba gushyirwa inganda, ngo hari bamwe bihisha inyuma bakagura ubutaka n’abaturage babuhenze kugirango bo bazabugurishe ku mafaranga menshi.

Soma hano inkuru bijyanye》》》Muhanga: Bamwe mu bakorera mu cyanya cy’inganda bashobora kwigendera kubera ko nta bikorwaremezo

Iki cyanya cy’inganda kimaze kugeramo abashoramari 2 barimo uruganda rwa Seven Hills ltd rushongesha ibikoze muri Aluminium rukaba ruzakora amasafuriya n’ibindi bikoresho byo mu gikoni, hari kandi Mountain Ceramic ruzakora amakaro mu ibumba risanzwe riboneka mu bishanga bikikije aha hazubakwa inganda.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga