• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Gitifu w’Umurenge wari umaze amezi 3 mu maboko y’ubutabera yagarutse mukazi

Umwanditsi
March 19, 2021

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 18 Werurwe 2021, bwasubije mu kazi Obed Niyobuhungiro, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba uherutse kugirwa umwere n’urukiko ku byaha bifitanye isano na Ruswa no kunyereza umutungo yari akurikiranweho.

Gitifu Niyobuhungiro Obed, yagaruwe mukazi n’ubuyobozi bw’Akarere, ahabwa kuyobora Umurenge wa Kayumbu, mu gihe uwayoboraga uyu Murenge yajyanwe kuyobora uwa Ngamba, naho uwari uhari by’agateganyo agarurwa mu karere.

Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Kamonyi, Tuyizere Thaddee avuga ko gusubiza mukazi Niyobuhungiro Obed bikurikije amategeko kuko yagizwe umwere n’urukiko ku byaha yari akurikiranweho, avuga kandi ko azahabwa ibyo amategeko amuteganyiriza byose mu gihe yari amaze atari mu kazi.

Gitifu Niyobuhungiro, yabwiye intyoza.com ko yishimiye kugaruka mu kazi kandi ashimira ubushishozi bw’ubutabera bwasanze ko arengana bukamugira umwere ku byaha yashinjwaga. Avuga ko bigoye gusobanura amarangamutima ye. Ati “ Umva, hari igihe umuntu abura amarangamutima akoresha mu gusobanura ibyishimo afite. Imana yabikoze twagarutsemo”.

Tariki 13 Ugushyingo 2020 nibwo ubugenzacyaha bw’u Rwanda-RIB bwataye muri yombi Niyobuhungiro Obed wari Gitifu w’Umurenge wa Ngamba, aho yashyikirijwe ubutabera ashinjwa ibyaha bifitanye isano na Ruswa ndetse no kunyereza umutungo.

Gitifu Sam ibumoso( yajyanwe Ngamba), Obed iburyo yashyizwe Kayumbu.

Ntabwo icyo gihe yafashwe wenyine, ahubwo yafatanwe na DASSO uhagarariye abandi ku rwego rw’Umurenge ndetse n’uhagarariye inkeragutabara ku rwego rw’Umurenge, aho bose baregwaga kunyereza amabuye y’agaciro byavugwaga ko bafatanye umuturage, ndetse bakaregwa ko banahawe Ruswa ngo bayanyereze.

Soma hano inkuru bijyanye;Kamonyi: Gitifu w’Umurenge wa Ngamba, Dasso n’ukuriye Inkeragutabara batawe muri yombi

Nyuma y’amezi atatu bafashwe ndetse bagafungwa, bakaburana ku byaha bashinjwaga, Gitifu Obed Niyobuhungiro hamwe n’abo baregwaga hamwe bose bagizwe abere n’urukiko, bakaba basubijwe mu mirimo yabo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga