• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Tchad yahagaritswe na FIFA mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru

Umwanditsi
April 7, 2021

Ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru-FIFA, yahagaritse igihugu cya Tchad mu bikorwa byose by’umupira w’amaguru kugeza hatanzwe ubundi butumwa kubera Leta yivanga mu bikorwa by’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu.

Iyo ngingo ifashwe nyuma y’aho Minisitiri w’urubyiruko na Siporo muri iki gihugu ahagarikiye ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tchad mu kwezi kwa gatatu.

Nyuma y’iryo tangazo, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku mugabane wa Afurika CAF ryahise rihagarika icyo gihugu mu marushanwa yo kujya mu mikino y’igikombe cya Afurica izabera muri Cameroun mu mwaka utaha.

Tchad nta mikino mpuzamahanga yari isigaje kuko yamaze no kuva mu irushanwa ry’igikombe cy’isi cyo mu 2022 nyuma yo gutsindwa mu majonjora na Sudan mu 2019.

Itangazo ry’urwego ruyoboye umupira w’amaguru ku isi rivuga riti: “Ibiro by’akanama kayoboye FIFA bishobora guhagarika icyo gihano igihe icyo aricyo cyose mbere y’uko haba inama y’iryo shyirahamwe kandi tuzabibamenyesha.”

Inama itegerejwe, iteganijwe kuba hifashishijwe ikoranabuhanga-internet tariki 21 z’ukwezi kwa gatanu 2021.

Itangazo rya FIFA rivuga “Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tchad, FTFA ritakaje uburenganzira bwose bujyanye no kuba umunywanyi-umunyamuryango nk’uko biri mu ngingo ya 13 y’amategeko ayigenga, iyo ngingo ikaba igiye mu bikorwa ubwo nyine gushyika hamenyeshejwe indi ngingo.

“Abahagarariye FTFA hamwe n’amakipe ntibyemerewe kwitabira amarushanwa mpuzamahanga gushyika igihe hazaba hakuweho ibyo byemezo byo guhagarikwa.

“Ibi kandi bisobanura ko yaba FTFA, abayigize cyangwa abategetsi bayo nta n’umwe wemerewe guhabwa amasomo cyangwa inyigisho nkarishyabwenge bya FIFA.

“Uretse ibyo, tubibukije, mwebwe n’abo musanzwe mukorana, kudahirahira ngo mugirirane imigenderanire ijyanye n’umupira w’amaguru na FTFA hamwe n’amakipe ayigize igihe izaba ikiri mu bihano”.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga