• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Perezida wa Uganda n’uwa Tanzania basinye amasezerano aganisha ku gucukura Peterori na Gaz

Umwanditsi
April 12, 2021

Umukuru w’Igihugu cya Uganda Yoweri Kaguta Museveni ndetse na Samia Suluhu, uyobora Tanzania bashyize umukono ku masezerano atatu y’ingenzi agamije guteza imbere urwego rwa Uganda rw’ubucukuzi bw’ibitoro/Peterori na gaz (gas). Ni mu ruzinduko rwa mbere rwo mu mahanga rwa Perezida Samia Suluhu Hassan wakiriwe na mugenzi we wa Uganda Yoweri Museveni.

Aya masezerano hagati ya Leta zombi, ni amasezerano na kompanyi zifitemo imigabane ndetse n’ajyanye n’ubwikorezi n’imisoro, ni intambwe yerekeza ku gutangira kubaka umuyoboro wo muri Afurika y’uburasirazuba unyuramo Peteroli idatunganyije.

Uganda na Tanzania byagiranye amasezerano yo kubaka umuyoboro wa 1443km wo kuvoma ibitoro/peterori ya Uganda mu kibaya cya Albertine basin mu burengerazuba bwa Uganda, ubijyana ku cyambu cya Tanga cyo muri Tanzania kiri ku nyanja y’Ubuhinde.

Uyu muyoboro w’agaciro ka Miliyari 3.5 z’amadolari ya Amerika numara kubakwa nkuko BBC ibitangaza, uzaba ari wo wa mbere muremure ku isi unyuramo ibitoro bitunganyije.

Icyemezo cya nyuma cy’ishoramari cyo kwiyemeza gutanga amafaranga kizafatwa n’ibi bihugu byombi ndetse na za kompanyi z’ubucukuzi bw’ibitoro, mbere yuko kubaka uwo muyoboro bitangira.

Ibi bihugu byombi byizeye ko uyu muyoboro uzazana inyungu mu mibereho no mu bukungu ndetse n’inyungu ku karere, ugatanga akazi ku bantu bigereranywa ko bagera ku 10,000 mu gihe uzaba urimo kubakwa no mu gihe uzaba watangiye gukora.

Ariko, uyu mushinga w’uyu muyoboro wanenzwe bikomeye n’ababungabunga ibidukikije, bavuga ko uzashegesha urusobe rw’ibinyabuzima rwari rusanzwe rufite intege nke mu kibaya cy’ikiyaga cya Victoria no mu karere ka Serengeti.

Mu mwaka wa 2025 ni bwo Uganda iteganya kuvoma ibitoro bya mbere, byo ku tugunguru bigereranywa ko tugera kuri miliyari 1.4 tw’ibitoro ifite.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga