• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/26
Kamonyi: Hemejwe asaga Miliyari 40 y’Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2026-2027
04/07/26
Nyanza: Polisi y’u Rwanda yibukije abanyerondo uruhare rwabo mu gukumira ibyaha
04/07/26
Kamonyi: Barasaba gusobanurirwa uko ibikorwaremezo bitoranywa(Priorities) mu ngengo y’imari
04/07/26
Kamonyi-Mugina: Umuyobozi wa GS st Esidore aravugwaho gukubita umwarimu akamukomeretsa

Kamonyi-Rukoma: Umusore w’imyaka 23 yasanzwe mu nzu yapfuye, birakekwa ko yishwe

Umwanditsi
April 13, 2021

Ahagana ku I saa cyenda z’amanywa kuri uyu wa 13 Mata 2021 mu Mudugudu wa Gafonogo, Akagari ka Mwirute, Umurenge wa Rukoma hamenyekanye urupfu rw’umusore witwa Murindabigwi Vedaste bakundaga kwuta Kabwa, bikekwa ko yishwe anatewe icyuma ku ijosi.

Amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko uyu muturage Murindabigwi wari ukiri umusore yibanaga. Mushiki we ngo niwe wamenye amakuru y’urupfu rwe ahita ajya gutabaza inzego z’ubuyobozi bw’ibanze nazo zihita zibimenyesha RIB na Polisi.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yabwiye intyoza.com ko amakuru y’urupfu rw’uyu muturage bayamenyeshejwe na Mudugudu wari umaze kubibwirwa na mushiki wa Nyakwigendera.

Kugeza twanditse iyi nkuru, inzego zitandukanye z’umutekano ndetse na RIB nk’urwego rushinzwe ubugenzacyaha bari bakiri mu gukurikirana iby’uru rupfu. Amakuru kandi agera ku intyoza.com avuga ko uyu nyakwigendera bikekwa ko yishwe, akanaterwa icyuma ku ijosi gishobora no kuba cyahinguranije, ibintu bigikurikiranwa n’inzego zibishinzwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5990 Posts

Politiki

4237 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1060 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

159 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga