• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
14/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene
14/03/26
Kamonyi-Rugalika: Ibintu 5 Polisi yasabye abaturage kubizibukira burundu
14/03/26
Rugalika-Masaka: Nta Kangononwa ku kwishyura Mituweri ifatiye kuri Sisitemu Imibereho

Kamonyi-Runda: Bibutse Abatutsi bishwe muri Jenoside bakajugunywa muri Nyabarongo

Umwanditsi
April 16, 2021

Ku gicamunsi cy’uyu wa 15 Mata 2021 ku i saa cyenda zirenga, Umurenge wa Runda wibutse ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye na bamwe mu bahagarariye abandi hirindwa icyorezo cya Covid-19.

Ni umuhango ubusanzwe wajyaga ubimburirwa n’urugendo rwakorwaga hazirikanwa inzira y’umusaraba yanyujijwemo Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside, ariko kubera ko Kwibuka ku nshuro ya 27 byahuriranye n’icyorezo cya Coronavirus, nta rugendo rwabaye, ahubwo abari bateganijwe bahuriye ku ruzi rwa Nyabarongo.

Itsinda rya bamwe mu bayobozi mu Murenge, Akarere ndetse n’abandi bantu bacye bahagarariye abandi, bahuriye ku ruzi rwa Nyabarongo bafata umunota wo kwibuka, bakora isengesho, bibukiranya amateka y’inzira y’umusaraba abishwe banyujijwemo, hanyuma bashyira indabo mu ruzi nko kwibuka no guha icyubahiro Abatutsi bajugunywe muri uru ruzi ubwo bicwaga.

Mu bayobozi bitabiriye uyu muhango, barimo Uwamahoro Prisca, Umuyobozi w’Akarere ka kamonyi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ari nawe wari umushyitsi mukuru, hari uhagarariye Polisi/DPC, hari uhagarariye RIB/DCI Kamonyi, hamwe n’abahagarariye izindi nzego mu Murenge n’Akarere. Kwibuka byakozwe mu buryo bwubahirije amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Uwamahoro Prisca/Vice Mayor

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5937 Posts

Politiki

4186 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1045 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga