• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
24/06/26
Kamonyi-Mugina: Umuyobozi wa GS st Esidore aravugwaho gukubita umwarimu akamukomeretsa
24/06/26
Kamonyi-Ruyenzi Sporting Club: OLYMPIC FC yisubije Igikombe cyo Kwibuka Abasiporutifu
24/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
24/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Doze ibihumbi z’urukingo rwa AstraZeneca zarengeje igihe zidakoreshejwe muri Sudani y’Epfo

Umwanditsi
April 20, 2021

Abategetsi bo mu rwego rw’ubuvuzi muri Sudan y’epfo batangaje ko doze 60,000 z’urukingo rwa AstraZeneca rwa Covid-19, zari zatanzwe nk’imfashanyo n’umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU), zarengeje igihe mbere yuko zikoreshwa.

Mu kwezi gushize, iki gihugu cyari cyasubitse gutangira ikingira, kivuga ko hari ingorane zijyanye n’ibikoresho.

Ubu gukingira birimo gukorwa hifashishijwe izindi doze 132,000 zakiriwe mu kwezi kwa gatatu binyuze muri gahunda y’amahanga yo gusaranganya inkingo hagati y’ibihugu bikize n’ibicyennye, izwi nka Covax.

Dr Richard Laku, umutegetsi ushinzwe guhangana n’ibiza, yavuze ko n’iyo ikingira riza kuba ryaratangiye hakoreshejwe izo doze 60,000, batari kuba barangije kuzikoresha mbere yuko zirenza itariki yo kuba zakoreshejwe.

Abakozi bo mu rwego rw’ubuvuzi n’abageze mu zabukuru bose hamwe bagera hafi ku 2,000 bo mu murwa mukuru Juba, bamaze kubona doze ya mbere y’urukingo kuva ikingira ryatangira mu byumweru bibiri bishize.

Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, Fabian Ndenzako, uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) muri icyo gihugu, yavuze ko bazerekera leta uburyo bwo kumena izo nkingo zarengeje igihe nibabisabwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5987 Posts

Politiki

4234 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

159 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga