• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
30/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
30/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa
30/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka

Uganda irimo gusabwa indishyi z’ibyo yangije mu ntambara yateje Ituri muri DR Congo

Umwanditsi
April 21, 2021

Republika ya Demokarasi ya Kongo kuri uyu wa kabiri Tariki 20 Mata 2021, yashinje Uganda ubwicanyi bwabaye mu myaka Makumyabiri ishize, mu rubanza yarezwemo mu rukiko rw’umuryango mpuzamahanga-ONU, mu gusaba indishyi z’akababaro zibarirwa muri Miliyali z’amadolari.

Urukiko mpuzamahanga rwaciye urubanza mu 2005 ko Uganda iriha Kongo indishyi y’akababaro mu kuvogera icyo gihugu mu ntambara yabaye hagati y’1998-2003, yahitanye miriyoni eshatu z’abanyagihugu.

Urwo rubanza rwongeye gusubira muri uru rukiko rw’i Lahaye, kugira ngo rufate ingingo ya mbere ku mubare w’amafaranga y’indishyi, nyuma y’aho ibyo bihugu binaniranye kumvikana mu biganiro.

Uburanira Republika ya Demokarasi ya Kongo, Paul-Crispin Kakhozi Bin-Bulongo, yavuze ko iyo ntambara y’imyaka itanu Uganda yateye, yakurikiwe n’ihonyangwa rikomeye ry’uburengenzira bwa muntu.

Abategetsi ba RDCongo nkuko VOA ibitangaza, bavuze ko bakeneye ko Uganda itanga Indishyi ziri hagati ya Miliyari 6 n’ 10 z’amadolari ya Amerika.

Ibihugu icyenda bya Afrika ni byo byagize uruhare muri iyo ntambara, aho Uganda n’U Rwanda byashyigikiye imitwe y’abarwanyi barwanyaga Kongo igihe barimo barwanira kwigarurira intara ya Ituri yuzuyemo amabuye y’agaciro. Ibi bihugu ubwabyo byanarwaniyeyo.

Biteganijwe ko ababuranira Uganda bashyikiriza ukwiregura kwabo muri uru rukiko kuri uyu wa Kane tariki 22 Mata 2021.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5901 Posts

Politiki

4152 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1025 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga