• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi/Kayenzi: Hari abagabo 2 bafatanywe urumogi bahabwaga n’abantu hakurya ya Nyabarongo

Umwanditsi
April 23, 2021

Mu Mudugudu wa Gisizi, Akagari ka Kirwa, Umurenge wa Kayenzi, Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 21 Mata 2021 ku masaha ya nyuma ya saa sita, hafatiwe abantu babiri bafite Moto bifashishije mu gutwara ikiyobyabwenge cy’urumogi bivugwa ko bahawe n’abantu hakurya ya Nyabarongo ku gice cy’Akarere ka Gakenke.

Abafashwe ni uwitwa Niyonkuru Regis w’imyaka 25 y’amavuko ndetse na Sibwobugaruka Elias w’imyaka 36 y’amavuko. Bombi, bari batwaye urumogi kuri Moto ifite Pulaki RC 674J, bifashishaga batwara urumogi.

Urumogi bafatanwe rungana n’ikiro kimwe n’utubule twarwo 60. Bivugwa ko bari barujyanye mu Murenge wa Musambira ari naho bakomoka. Gufatwa kwabo kwaturutse ku makuru yatanzwe na Mudugudu bituma urwego rwa Polisi rutegura igikorwa cyo kubata muri yombi.

Amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko iyi moto bari batwaye nta cyangombwa na kimwe cyayo bari bafite. Gusa ngo basanzwe bayitwara bayitijwe kuko ubu ngo bwari bubaye ku nshuro ya kabiri bajya i Kayenzi gufata urumogi, aho bajyaga kuri Nyabarongo bakaruhabwa n’abantu baturukaga mu karere ka Gakenke. Aba bafashwe ndetse n’ibyo bafatanwe, bahise bashyikirizwa RIB sitasiyo ya Kayenzi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga