• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/10/25
Kamonyi-Kayenzi/GIMI: Barishimira ikorwa ry’Umuhanda wari umaze guhinduka nk’inzira
14/10/25
Kamonyi-Kayenzi: Kirazira ko ducika intege, INKOTANYI ni urugero rw’ibishoboka-Gitifu Nsengiyumva
14/10/25
Kamonyi-Rugalika: Mwahamagariwe gukora, kurera Abana Igihugu cyifuza-Visi Meya Marie Josée Uwiringira
14/10/25
Kamonyi-Rugalika: Abageze mu zabukuru barashimira Perezida Paul Kagame wabarinze gusaza badasabiriza

Kamonyi/Kayenzi: Hari abagabo 2 bafatanywe urumogi bahabwaga n’abantu hakurya ya Nyabarongo

Umwanditsi
April 23, 2021

Mu Mudugudu wa Gisizi, Akagari ka Kirwa, Umurenge wa Kayenzi, Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 21 Mata 2021 ku masaha ya nyuma ya saa sita, hafatiwe abantu babiri bafite Moto bifashishije mu gutwara ikiyobyabwenge cy’urumogi bivugwa ko bahawe n’abantu hakurya ya Nyabarongo ku gice cy’Akarere ka Gakenke.

Abafashwe ni uwitwa Niyonkuru Regis w’imyaka 25 y’amavuko ndetse na Sibwobugaruka Elias w’imyaka 36 y’amavuko. Bombi, bari batwaye urumogi kuri Moto ifite Pulaki RC 674J, bifashishaga batwara urumogi.

Urumogi bafatanwe rungana n’ikiro kimwe n’utubule twarwo 60. Bivugwa ko bari barujyanye mu Murenge wa Musambira ari naho bakomoka. Gufatwa kwabo kwaturutse ku makuru yatanzwe na Mudugudu bituma urwego rwa Polisi rutegura igikorwa cyo kubata muri yombi.

Amakuru agera ku intyoza.com ahamya ko iyi moto bari batwaye nta cyangombwa na kimwe cyayo bari bafite. Gusa ngo basanzwe bayitwara bayitijwe kuko ubu ngo bwari bubaye ku nshuro ya kabiri bajya i Kayenzi gufata urumogi, aho bajyaga kuri Nyabarongo bakaruhabwa n’abantu baturukaga mu karere ka Gakenke. Aba bafashwe ndetse n’ibyo bafatanwe, bahise bashyikirizwa RIB sitasiyo ya Kayenzi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5888 Posts

Politiki

4139 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1020 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

147 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga