• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi-Mugina: Impuhwe bagiriye abibye SACCO zibagejeje mu kwisobanura mu manza  

Umwanditsi
April 27, 2021

Abakozi batatu bakoreraga ikigo cy’imari cya SACCO Mugina mu karere ka Kamonyi, bahagaritswe ndetse birukanwa mu kazi bazizwa kwiba amafaranga abarirwa muri Miliyoni hafi enye. Ubuyobozi bwa SACCO aho kubashyikiriza RIB, bahisemo kubyumvikanaho, bamwe bemera kuyasubiza undi aranangira ndetse yatangiye inzira yo kurega, avuga ko yarenganijwe. Ubuyobozi buti“ izi ni ingaruka zo kutabashyikiriza RIB”.

Kuba ikigo cy’imari nka SACCO Mugina cyajya mu mishyikirano n’abakozi bacyo batwaye amafaranga ya Rubanda si ikibazo, kuba uwatwaye amafaranga yakwemera kuyasubiza nabyo si bibi, ariko nta nubwo bisimbura ko ukoze icyaha agihanirwa n’amategeko, ntabwo kandi binaha ikigo cy’imari gusimbura izindi nzego zikwiye kuba ziregerwa kugira ngo binabere isomo abandi, ubutabera bwubahirizwe.

Nibagwire Oliver, Umucungamutungo (Manager) wa SACCO Mugina yemereye intyoza.com ko aba bakozi bagihamwa no kuba baratwaye aya mafaranga asaga Miliyoni eshatu n’ibihumbi magana arindwi, habayeho gushyikirana, bandika babyemera, babiri batangira kwishyura aho ubu avuga ko barangije ibyo bemeye.

Umwe muri batatu yareze SACCO ko yamwirukanye binyuranije n’amategeko

Nibagwire, avuga ko abakozi bemeye amakosa nyuma y’uko barangije kwishyura bahise birukanwa mu kazi. Umwe muri aba bakozi yanze kwishyura ndetse atangira inzira yo kurega aho yabanje ku mugenzuzi w’imirimo avuga ko yarenganijwe.

Nibagwire Oliver, avuga ko uyu wari umukozi wanze kwishyura abazwa agera ku bihumbi 156 by’amafaranga y’u Rwanda. Ati“ We ntabwo ari mu kuyatanga, aravuga ko yarenganye”. Ahamya ko aba bakozi aya mafaranga bari bayibye. Ati“ Bari bayibye kuko bayatwaye mu buryo butemewe”.

Kuba aba bakozi bafatwa nk’abibye amafaranga y’abaturage batarashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha-RIB, uyu Nibagwire nk’umucungamutungo avuga ko bo bakimara kumenya ko amakosa yabaye, banditse amabaruwa basaba imbabazi, bagaragaza ko amafaranga bagomba kuyishyura, komite nyobozi ibaha igihe cyo kuyishyura barayarangiza nyuma barirukanwa ikibazo bagikemura batyo.

Ubuyobozi bwa SACCO Mugina butegereje kwitaba no kwisobanura ku mugenzuzi w’imirimo. Hagati aho buvuga ko nyuma yo kumenya umwanzuro uzafatwa aribwo nabo bazabona kumenya ikindi bakora. Gusa bahamya ko ibyo kuba bararezwe ari ingaruka z’impuhwe bagize bakanga gutanga abibye mu nzego zibishinzwe none bakaba aribo batangiye inzira yo kujya kwisobanura. Bavuga ko bitararangira, ko igihe cyo kuba SACCO yanarega kigihari ngo kuko hari n’ibyo bagishakisha byagiye bikorwa igihe kirekire, bityo nyuma yo kubikusanya bakaba batanga ikirego muri RIB.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga