• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

General Fred Ibingira na Lt General( rtd) Charles Muhire  bamaze igihe bafunze

Umwanditsi
April 28, 2021

Igisirikare cy’u Rwanda kuri uyu wa 28 Mata 2021 cyatangaje ko aba basirikare bakuru bo kurwego rw’Abajenerali batawe muri yombi, aho bakurikiranweho ibijyanye n’imyitwarire mibi irimo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19.

General Fred Ibingira, ni umugaba w’ingabo z’Inkeragutanara, mu gihe Lt General (rtd) Charles Muhire we yabaye umugaba w’Ingabo zirwanira mu kirere.

Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, yabwiye TNT ko General Fred Ibingira yatawe muri yombi kuwa 07 Mata 2021 nyuma y’iperereza ryari ryakozwe rikagaragaza ko hari ubukwe bwo Gusaba no Gukwa yatashye I Huye mu Murenge wa Ngoma, mu gihe bibujijwe muri Covid-19. Bivuze ko hashize iminsi 21 afunze. Yafashwe nyuma y’iminsi itatu avuye muri ubu bukwe.

Kuri Lt Gen ( Rtd) Muhire, yafashwe kuwa 24 Mata 2021 ubwo yari mu kabari ahazwi nka Pegase Resort gaherereye ku I Rebero mu karere ka Kicukiro ho mu Mujyi wa Kigali ari kumwe n’abandi bantu basaga 30 basangiraga inzoga. Aba bajenerali uko ari babiri nubwo bafashwe mu bihe bitandukanye, ariko bose ni Polisi yabataye muri yombi ibashyikiriza igisirikare cy’u Rwanda, aho cyahise kibafunga. Abasivile bafatanwe na ba Jeneral bo bararekuwe.

Uretse aba basirikare bo kurwego rw’aba General bafunzwe, hari abapolisi babiri bakuru bari mu Ntara y’Amajyepfo nabo batawe muri yombi bazizwa ko bemeye ko buriya bukwe bw’I Huye buba kandi bari bazi ko bitemewe mu bihe bya Covid-19. Abo ni SSP Karagire Gaton (DPC/Ukuriye Polisi mu Karere ka Huye) ndetse na CSP Muheto Francis (RPC/Ukuriye Polisi mu Ntara y’Amajyepfo).

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga