• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

UN yasabye abategetsi ba Nigeria gufungura umugabo umaze umwaka azira kutemera Imana

Umwanditsi
April 29, 2021

Akanama k’impuguke z’umuryango w’abibumbye (ONU/UN) kasabye abategetsi ba Nigeria gufungura umugabo ukomeye uzwiho guharanira ubumuntu no kutemera Imana umaze umwaka umwe afunzwe. Impamvu nyamukuru y’ifungwa, ni ubutumwa yanyujije kuri facebook bivugwa ko yatutse intumwa y’Imana Mohammed.

Mubarak Bala w’imyaka 36, yafunzwe nyuma y’ikirego cyatanzwe kuri polisi muri leta ya Kano mu majyaruguru y’igihugu, kivuga ko yatutse Intumwa y’Imana Mohammed mu butumwa yatangaje kuri Facebook.

Mu itangazo impuguke za ONU zasohoye, zagize ziti:” Guta muri yombi no gukomeza gufunga Bwana Bala ntabwo ari uguhonyora bikomeye uburenganzira bw’ibanze gusa, ahubwo byanagize ingaruka zikomeye ku ikoreshwa ry’ubwisanzure bw’ibanze muri Nigeria”.

Izo mpuguke zavuze ko zababajwe no kubona abategetsi ba Nigeria batarubahirije itegeko ryo ku itariki ya 21 y’ukwezi kwa cumi na kabiri mu 2020 ryatanzwe n’urukiko rukuru rwa Nigeria ryo gufungura Bwana Bala.

Urwo rukiko rwanategetse ko afungurwa by’agateganyo ndetse agahabwa n’impozamarira ingana n’ama-naira 250,000 (ni arenga gato 612,000 y’u Rwanda) kubera ko uburenganzira bwe bwahonyowe.

Iburanisha ryari riteganyijwe ku itariki ya 20 y’uku kwezi kwa kane ntabwo ryabaye kuko abakozi bo mu rwego rw’ubucamanza bari bari mu myigaragambyo. Akanama k’impuguke za ONU nkuko BBC ibitangaza, kasabye Leta ya Nigeria gutuma ibyemezo by’inkiko byubahirizwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga