• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Umukobwa w’imyaka itarenze 12 yarashe bagenzi be ku ishuri

Umwanditsi
May 7, 2021

Umukobwa w’imyaka 11 cyangwa 12 yarashe akomeretsa abanyeshuri bagenzi be babiri n’umukozi w’ishuri ku kigo kiri muri leta ya Idaho muri Amerika, nk’uko Polisi ibivuga.

Uyu mwana utatangajwe amazina wiga muwa gatandatu (sixth grade), yazanye imbunda ku ishuri rya Rigby Middle School muri uwo mujyi wa Rigby maze ayirashisha bagenzi be. Byitezwe ko abo yarashe ntawe uri bwicwe n’ibikomere, nk’uko abategetsi babivuga.

Umwalimukazi kuri iki kigo yabashije kwambura imbunda uwo mwana ndetse aramufunga kugeza igihe polisi ihageze ikamujyana muri kasho, nk’uko abategetsi babivuga. Impamvu yamuteye gukora ibi ntiramenyekana.

Steven Anderson ukuriye igipolisi aho, yavuze ko uyu mukobwa “yavanye imbunda mu gikapu cye, akarasa inshuro nyinshi mu ishuri no hanze,” yongeraho ko uyu mukobwa ari uwo mu mujyi wo hafi aho wa Idaho Falls.

Iki gikorwa kiri gukorwaho iperereza na FBI.

Yandel Rodriguez w’imyaka 12 yabwiye ibiro ntaramakuru Associated Press ati: “Njyewe na bagenzi banjye twari mu ishuri – dukora akazi – hanyuma twumva urusaku rukomeye nyuma n’urundi rusaku rwinshi nk’urwo. Twumva abantu bataka. Mwalimu wacu yagiye kureba asanga hari amaraso”.

Amerika iracyugarijwe n’ibibazo byo kurasa abantu mu kivunge bishingiye ku ntwaro nyinshi ziri mu bantu. Kuva Perezida Joe Biden ageze ku butegetsi nkuko BBC ibitanza, yamaze gutangaza intambwe za mbere zo kugenzura intwaro nyuma y’ibikorwa byinshi nk’ibyo. Muri izo harimo; gushyiraho amategeko ku mbunda zimwe, gukaza ibyo gusuzuma amateka y’abantu no gufasha ibikorwa byo gukumira urugomo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga