• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
17/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda

Uburusiya bwerekanye imbaraga zabwo mu ngufu z’Igisirikare

Umwanditsi
May 9, 2021

Uburusiya bwerekanye imbaraga za gisirikare mu karasisi k’ingabo kakozwe mu gihugu hose kuri iki cyumweru tariki 09 Gicurasi 2021 ubwo bwizihiza intsinzi yabwo n’itsindwa ry’Abanazi mu b’ Ubudage mu ntambara y’isi ya kabiri.

Perezida Vladimir Putin ubwe ni we wagenzuye ako karasisi mu murwa mukuru i Moscow ahari hakoraniye abasirikare bagera ku 12,000 bafite ibikoresho bya gisirikare by’ubwoko 200, kajugujugu n’izindi ndege za gisirikare zogogaga ikirere cy’aho akarasisi kaberaga.

Perezida Putin yarebaga ako karasisi ari kumwe na bamwe mu bakambwe barwaniye Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete mu ntambara y’isi ya kabiri.

Kuva yajya ku butegetsi mu myaka 20 ishize, yaba igihe yari Perezida cyangwa ari Ministri w’Intebe, Perezida Putin yashishikajwe no kugarura ibimenyetso bya gisoviyete n’amateka y’Uburusiya mu rwego rwo gushishikariza abaturage gukunda igihugu.

Mu ijambo yavugiye mu birori byo kwizihiza imyaka 76 ishize ingabo zishyize hamwe zitsinze Abanazi mu Budage, Perezida Putin yarahiye ko Uburusiya buzarinda inyungu zabwo bukanarengera abaturage babwo.

Iyi sabukuru nkuko VOA ibitangaza, ibaye mu gihe ishyaka riri ku butegetsi mu Burusiya ryitegura amatora mu kwezi kwa cyenda ariko bikaba bigaragara ko abarishyigikiye bamaze kudohoka ku rugero rwa 27 ku ijana.

Ibaye kandi mu gihe hari byinshi Uburusiya butumvikana ho n’Amerika n’Uburayi uhereye ku itabwa muri yombi ry’umunyapolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Uburusiya Alexei Navalny, ukageza ku ntambara yo muri Ukraine.

Mu byumweru bishize Uburusiya n’Amerika byagiye byihimuranaho mu kwirukana abadiplomate bahagarariye buri kimwe muri byo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5866 Posts

Politiki

4117 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1010 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga