• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Abantu 6 bishwe barasiwe mu birori by’isabukuru muri Amerika

Umwanditsi
May 10, 2021

Umugabo witwaje intwaro yishe abantu batandatu abarashe nawe ariyica ubwo yari abasanze mu birori by’isabukuru muri leta ya Colorado kuri iki cyumweru, nk’uko polisi ibivuga.

Ibi byabereye ku rugo rwimurwa mu gikamyo kinini aho imiryango yari yateraniye ngo yishimire isabukuru. Polisi yo mu mujyi wa Colorado Springs igira iti: “Ukekwa, umuhungu w’inshuti y’umwe mu bapfuye w’igitsina gore, yatwaye imodoka ajyayo, arinjira atangira kurasa abari muri ibyo birori mbere yo kwiyahura nawe”.

Impamvu yabimuteye ntabwo iramenyekana.

Abishwe ni abantu bakuru, ariko hari n’abana bari muri ibi birori muri iyo kamyo. Imyirondoro y’abishwe n’uwabateye ntabwo iratangazwa.

Polisi iti: “Iki gikorwa giteye ubwoba cyatumye hapfa abantu bakuru batandatu. Abana bari muri iyo kamyo nta wakomerekejwe n’uyu ukekwa, ubu bari kumwe n’ababo”.

Abapolisi batabaye nyuma yo guhamagarwa ahagana saa sita z’amanywa (saa kumi n’ebyiri ku isaha ngengamasaha,GMT) ku cyumweru.

Itangazo rya polisi rigira riti: “Bahageze, abapolisi babonye abantu bakuru batandatu bapfuye n’umugabo umwe wakomeretse bikomeye wajyanywe kwa muganga nyuma agapfirayo”.

Ukuriye umujyi wa Colorado Spring, John Suthers, yavuze ko ubu bari mu cyunamo cyo kubura abantu no gusengera abakomeretse hamwe n’imiryango yabuze ababo.

Mu kwezi kwa gatatu nkuko BBC ibitangaza, abantu 10 bishwe barashwe ku isoko ryahitwa Boulder muri Colorado. Uwaketsweho kubarasa nyuma yarafashwe. Ubu arashinjwa ibyaha 10 bigendanye n’ubwicanyi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga