• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Muhanga: Mu bitaro bya Kabgayi hamaze kuboneka imibiri 324 y’abatutsi bazize Jenoside

Umwanditsi
May 12, 2021

Hashize iminsi 12 hatangiye igikorwa cyo gushakisha imibiri y’abazize jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 i Kabgayi. Hamaze kuboneka imibiri 324, aho kuri uyu munsi gusa habonetse imibiri 78, aharimo gusizwa ikibanza cyo kubakamo inzu y’ababyeyi (Maternite) isimbura isanze ishaje.

Iyi mibiri yabonetse muri iki kibanza hashize imyaka 27 aya makuru ahishwe n’abayazi ndetse hakibazwa impamvu aya makuru atavugwa kandi hari abakoze muri ibi bitaro mbere na nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mukagatana Fortune ahamya ko hashize igihe kingana gutya aya makuru ahishwe ariko ko hakomejwe gushakishwa abayafite kugirango bayatange ibikorwa byo gushakisha byaguke bigere no mu bice bitandukanye bikikije ibi bitaro.

Yagize ati” Kuba hashize igihe kingana gutya nuko abazi amakuru bagiye bayahisha, ariko twatangiye gushaka abayafite kugirango tugire nibyo dushingiraho dukomeza ibikorwa byagutse hagamijwe kureba hose naho tuzamenya”.

Yongeyeho ko bashatse abafite amakuru ndetse bajya gushaka bamwe mu bireze uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe abatutsi banireze ubwicanyi bwabereye i Kabgayi kugirango amakuru bafite bayatange bakomeze gushakisha imibiri y’abazize Jenoside.

Ati” Turimo gushaka abantu bose tubonako bafite amakuru y’abatutsi biciwe i Kabgayi ndetse twagiye gushaka abagororwa bafungiye muri Gereza ya Muhanga banemeye uruhare rwabo bagize mu kwica abatutsi bari bahungiye muri iki gice baziko bari buharokokere. Bari bavuye mu bice bitandukanye byahoze ari ibya perefegitura ya Gitarama n’ahandi hatandukanye”.

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe abatutsi bagiye batanga ubuhamya mu bihe bitandukanye bagaragaza ko mu bice bikikije Kabgayi no mu mashyamba hari ababo bishwe muri Jenoside benshi bataramenya irengero ryabo nubwo hari aburizwaga amamodoka bakajyanwa kwicirwa kuri Nyabarongo ugana Kibuye cyangwa mu Ngororero.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga