• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Umusirikare wa Malawi yiciwe I Beni muri DR Congo

Umwanditsi
May 12, 2021

Igisirikare cya Malawi cyatangaje ko kibabajwe n’urupfu rw’umusirikare wacyo wiciwe i Beni muri DR Congo aho yari mu butumwa bwa MONUSCO.

Lance Corporał Chitenji Kamanga w’imyaka 28 yapfuye kuwa mbere mu gitero cy’umutwe witwaje intwaro ku birindiro by’ingabo za ONU mu gace ka Beni, nk’uko bivugwa na MONUSCO.

Ibinyamakuru muri DR Congo bivuga ko icyo gitero cyakozwe n’abarwanyi b’umutwe w’inyeshyamba wa ADF, wo utagize icyo ubivugaho. Itangazo ry’igisirikare cya Malawi rivuga ko cyabuze “umusirikare w’ubutwari, ukora cyane kandi w’ikinyabupfura”.

Inama ya ONU ishinzwe umutekano ku isi yamaganye igitero ku ngabo za MONUSCO cyaguyemo uyu musirikare wa Malawi. Mu itangazo iyi nama ya ONU yasohoye, ivuga ko yihanganisha umuryango w’uyu musirikare n’abategetsi ba Malawi.

Ingabo ubu zirenga 16,000 za MONUSCO zimaze imyaka irenga 20 mu burasirazuba bwa DR Congo, aho zoherejwe kurinda abaturage no gufasha kugarura amahoro, gusa zinengwa kunanirwa inshingano zazo.

Imitwe yitwara gisirikare yakomeje kwimonogoza mu ntara za Kivu y’Epfo, Kivu ya Ruguru na Ituri aho ishinjwa gukora ibikorwa birimo kwica, gufata abagore ku ngufu no gusahura rubanda.

Mu kwezi gushize nkuko BBC ibitangaza, mu mijyi ya Goma, Beni na Butembo muri Kivu ya Ruguru habaye imyigaragambyo y’abaturage basaba ko ingabo za MONUSCO zitaha kuko zananiwe kubarengera.

Lance Corporał Chitenji Kamanga w’imyaka 28 yapfuye arashwe ku wa mbere.

Mu guhangana n’ibyo bibazo, Leta ya DR Congo iherutse gutangaza ibihe bidasanzwe mu ntara za Kivu ya Ruguru na Ituri, ubu zitegekwa n’ubutegetsi bwa gisirikare.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga