• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
19/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
19/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
19/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Namibia: Impinja ebyiri z’impanga zavutse ku batinganyi zemerewe gutaha mu gihugu

Umwanditsi
May 19, 2021

Leta ya Namibia yatanze inyandiko zihutirwa z’inzira ku mpinja z’abakobwa b’impanga bavuka ku batiganyi babiri bo muri iki gihugu, aba bamaze igihe bahirimbanira ko abana babo bemererwa kwinjira muri Namibia.

Mu kwezi kwa gatatu nibwo izi mpanga zabyawe n’umugore muri Africa y’Epfo hakoreshejwe ubuhanga n’amasezerano yo gutwitira abandi (surrogacy). Gusa izi mpinja zimwe ibyangombwa by’inzira byo kwinjira muri Namibia ahasanzwe haba Phillip Lühl, umuturage wa Namibia, n’umugabo we Guillermo Delgado ukomoka muri Mexique.

Mu kwezi gushize abo babana bahuje igitsina bareze mu rukiko minisiteri y’ubutegetsi ya Namibia, ariko ikirego cyabo kirangwa. Gusa Leta ubu yahaye inyandiko z’inzira aba bana, Guillermo Delgado ni we wazifashe mu byishimo, nk’uko umunyamakuru wa BBC muri Africa y’Epfo abivuga.

Umugabo we Phillip Luhl yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko ibi ari ukubahoza kuko ubu umuryango we ugiye kongera kuba hamwe.

Gusa avuga ko ubu ari bwo urugamba rutangiye, kuko kubona ubwenegihugu bw’aba bana babo biteze ko bizaba ikibazo kizakemurwa n’ubucamanza.

Aba bana b’impanga amazina y’aba ba se bombi ari ku cyangombwa cy’amavuko yabo. Gusa Leta ya Namibia yasabye ko batanga ibimenyetso by’umubiri byerekana ko Phillip Luhl ari umubyeyi (se) w’umubiri w’izi mpanga mbere yo kubaha ibyangombwa.

Phillip Luhl na Guillermo Delgado bavuga ko bakorewe ivangura, kuko indi miryango y’umugore n’umugabo cyangwa umugore wibana yo itajya isabwa ibyo byangombwa.

Mu cyumweru gishize iyi ‘couple’ yatanze ikindi kirego cyihutirwa ngo izo nyandiko ku bana babo zitangwe. Ariko izo nyandiko zizwi nka ‘brown passports’, ubundi zihabwa impunzi zidafite ibyangombwa zikagira agaciro k’umwaka umwe, Leta yazitanze mbere y’uko urukiko ruburanisha ikirego cyabo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga