• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Umugaba mukuru w’Ingabo za Nigeria yaguye mu mpanuka y’indege

Umwanditsi
May 22, 2021

Umugaba mukuru w’ingabo za Nigeria Liyetona Jenerali Ibrahim Attahiru yapfiriye mu mpanuka y’indege muri leta ya Kaduna iri mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’igihugu, nkuko abategetsi babivuga.

Byabaye ubwo indege yari arimo yari irimo kugerageza kugwa ikirere kimeze nabi, nkuko igisirikare kibivuga. Abandi basirikare 10, barimo n’abari batwaye iyo ndege, na bo bapfuye.

Perezida wa Nigeria Muhammadu Buhari yavuze ko “ababajwe bikomeye” n’iyo mpanuka.

Jenerali Attahiru, wari ufite imyaka 54, mu kwezi kwa mbere uyu mwaka ni bwo yari yashyizwe kuri uwo mwanya, mu ivugurura ryakozwe mu rwego rwo hejuru mu gisirikare.

Iryo vugurura ryabaye bijyanye na gahunda ya leta yo kuvugurura igisirikare ngo kirusheho gutanga umusaruro mu rugamba rumaze imyaka irenga 10 rwo kurwanya indagondwa ziyitirira idini ya Islam.

Igisirikare cya Nigeria kirwanira mu kirere cyavuze ko iyo mpanuka yabaye ubwo iyo ndege yari irimo kugwa ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kaduna International Airport.

Kuri Twitter, Perezida Buhari yavuze ko iyo mpanuka ari “ugupfusha ab’ingenzi… mu gihe ingabo zacu zitezweho gusoza ibibazo byo mu rwego rw’umutekano igihugu kirimo”.

Iyo mpanuka nkuko BBC ibitangaza, yabaye kuri uyu wa Gatanu, ibaye hashize amezi atatu indi ndege y’igisirikare cya Nigeria ikoze impanuka habura gato ngo igere mu nzira yo ku kibuga cy’indege cyo mu murwa mukuru Abuja, yishe abantu barindwi bose bari bayirimo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga