• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
20/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
20/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
20/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Papa Francis yanze ubwegure bwa Cardinal Marx w’inkoramutima ye

Umwanditsi
June 11, 2021

Cardinal Marx, umwe mu nkoramutima za Papa Fransisiko, yamwandikiye mu kwezi gushize amusaba kwegura kubera ibibazo mpuzabitsina ku bategetsi ba Kiliziya. Yangiwe kwegura ahubwo asabwa kuguma mu nshingano.

We ku giti cye ntacyo akekwaho cyangwa ashinjwa. Gusa avuga ko kwegura ari uburyo bwo kwerekana ko “bibabaje kubona muri Kiliziya harimo abantu badashaka kwemera uruhare rwabo mu rukozasoni rwabaye ishyano rwo gufata abayoboke ba kiliziya ku ngufu, kandi bakanga n’uko biganirwaho“.

Papa Fransisiko yamushubije uyu munsi, ati: “Ndemeranywa nawe ko ari ikibazo cy’ishyano. Tugomba kwirengera ayo mateka, buri muntu ku giti cye no mu rwego rw’umuryango wacu. Ntabwo dushobora gukomeza kwirengagiza uru rugomo. Muvandimwe wanjye, ngicyo igisubizo cyanjye. Ariko komeza inshingano zawe z’Arikiyepiskopi wa Munich”.

Cardinal Marx nkuko VOA ibitangaza, yatangaje ko yemeye icyemezo cya Papa Fransisiko kubera ko agomba kumwumvira. Ariko na none, mu itangazo yashyize ahagaragara, ati: “Byantunguye ko yanshubije vuba kandi akangumisha mu mirimo yanjye”.

Cardinal Marx

Cardinal Reinhard Marx afite imyaka 67 y’amavuko. Amaze imyaka 14 ayobora Arkidiyoseze ya Munich. Ni umwe kandi mu bagize akanama k’Abakaridinari bake cyane bagira inama Papa Fransisko mu byo kuvugurura guverinoma ya Vatikani, bita “Curie romaine” mu Gifaransa. Ni n’umuhuzabikorwa w’inama ya Papa igenzura imikoreshereze y’imali ya Vatikani.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga