• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Papa Francis yanze ubwegure bwa Cardinal Marx w’inkoramutima ye

Umwanditsi
June 11, 2021

Cardinal Marx, umwe mu nkoramutima za Papa Fransisiko, yamwandikiye mu kwezi gushize amusaba kwegura kubera ibibazo mpuzabitsina ku bategetsi ba Kiliziya. Yangiwe kwegura ahubwo asabwa kuguma mu nshingano.

We ku giti cye ntacyo akekwaho cyangwa ashinjwa. Gusa avuga ko kwegura ari uburyo bwo kwerekana ko “bibabaje kubona muri Kiliziya harimo abantu badashaka kwemera uruhare rwabo mu rukozasoni rwabaye ishyano rwo gufata abayoboke ba kiliziya ku ngufu, kandi bakanga n’uko biganirwaho“.

Papa Fransisiko yamushubije uyu munsi, ati: “Ndemeranywa nawe ko ari ikibazo cy’ishyano. Tugomba kwirengera ayo mateka, buri muntu ku giti cye no mu rwego rw’umuryango wacu. Ntabwo dushobora gukomeza kwirengagiza uru rugomo. Muvandimwe wanjye, ngicyo igisubizo cyanjye. Ariko komeza inshingano zawe z’Arikiyepiskopi wa Munich”.

Cardinal Marx nkuko VOA ibitangaza, yatangaje ko yemeye icyemezo cya Papa Fransisiko kubera ko agomba kumwumvira. Ariko na none, mu itangazo yashyize ahagaragara, ati: “Byantunguye ko yanshubije vuba kandi akangumisha mu mirimo yanjye”.

Cardinal Marx

Cardinal Reinhard Marx afite imyaka 67 y’amavuko. Amaze imyaka 14 ayobora Arkidiyoseze ya Munich. Ni umwe kandi mu bagize akanama k’Abakaridinari bake cyane bagira inama Papa Fransisko mu byo kuvugurura guverinoma ya Vatikani, bita “Curie romaine” mu Gifaransa. Ni n’umuhuzabikorwa w’inama ya Papa igenzura imikoreshereze y’imali ya Vatikani.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga