• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/05/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi abagabo bane bakekwaho ubujura
19/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Minisitiri Dr. Bizimana yibukije abahakana n’Abapfobya Jenoside ko ukuri kw’aya mateka kutazacecekwa 
19/05/26
Kamonyi-EPR/Compassion: Imiryango 15 itishoboye yahinduriwe imibereho igabirwa Inka
19/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Abantu nka Mukangango nti bazongera kubona umwanya n’ijambo muri iki gihugu cyacu-Visi Meya Uzziel

Belarus yatahuye umugambi w’ihirikwa ry’ubutegetsi ihita ifunga umupaka wayo na Ukraine

Umwanditsi
July 3, 2021

Belarus (Biélorussie) yafunze umupaka wayo na Ukraine, ivuga ko hari intwaro zirimo koherezwa rwihishwa mu gihugu hagamijwe guhirika ubutegetsi buriho.

Perezida Alexander Lukashenko avuga ko ibyo biri mu mugambi w’ibihugu bikomeye wo kugerageza guhirika ubutegetsi bwe, amazeho imyaka 27. Nta gihamya atanga.

Perezida Lukashenko, yavuze ko inzego z’ubutasi za Belarus zavumbuye amatsinda y’imitwe y’iterabwoba yo mu mahanga icura umugambi wo kumuhirika ku butegetsi. Yagize ati: “Barenze umurongo. Ntitwabababarira“.

Yavuze ko intwaro zarimo zohererezwa imitwe y’iterabwoba iterwa inkunga n’Ubudage, Lithuania, Pologne, Ukraine n’Amerika.

Mu muhango wo kwizihiza imyaka 30 y’ubwigenge bwa Belarus nyuma yo gusenyuka kw’Ubumwe bw’Abasoviyeti, Perezida Lukashenko yagize ati:” Intwaro nyinshi zirimo kuva muri Ukraine ziza muri Belarus. Ni yo mpamvu nategetse abashinzwe umutekano ku mupaka gufunga byuzuye umupaka na Ukraine”.

Yavuze ko azabaza umukuru w’Ubudage Angela Merkel n’abandi bategetsi ku bijyanye n’ayo makuru.

Ukraine nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yahakanye kwivanga mu mitegekere ya Belarus ndetse ivuga ko gufunga uwo mupaka wa kilometero 1,084 bizatuma abaturage bayo “bahababarira”.

Belarus ihana imbibi na Ukraine mu majyepfo. Mu burengerazuba hari Pologne na Lithuania, mu majyaruguru hari Latvia (Lettonie), n’Uburusiya mu burasirazuba.

Perezida Lukashenko.

Iki cyemezo cyo gufunga umupaka kirushijeho kongera umwuka mubi mu mubano wa Belarus n’ibihugu bikomeye. Mu kwezi kwa gatanu, Leta ye yarakariwe n’amahanga ubwo yahatiraga indege ya Kompanyi Ryanair kugwa muri icyo gihugu, igata muri yombi umunyamakuru unenga Leta wari uyirimo. Ibyo byatumye ibihugu by’I Buray na Amerika bifatira ibihano Belarus.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5967 Posts

Politiki

4215 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1052 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga