• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Abashyigikiye Jacob Zuma bagiye iwe kwitambika uwashaka kumufata ngo afungwe

Umwanditsi
July 5, 2021

Abaturage bashyigikiye Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Africa y’Epfo bakoze icyo bise ingabo y’abantu hanze y’urugo rwe mu kugerageza kubuza ko afatwa.

Mu cyumweru gishize, urukiko rwamuhamije icyaha cyo kwanga umwanzuro warwo umutegeka kwitaba akabazwa kuri ruswa. Igihe ntarengwa cyo kumufata cyari cyashyizwe ku cyumweru saa sita z’ijoro. Gusa nyuma, urukiko rwemeye kumva ubujurire bwe ku gihano cyo gufungwa amezi 15 yari yahawe. Ariko uko ibyo bibuza kumuta muri yombi ntabwo bizwi neza.

Ku cyumweru Zuma yabwiye abanyamakuru bari hanze y’urugo rwe i Nkandla mu ntara ya Kwa-Zulu Natal ati: “Nta mpamvu y’uko najya muri gereza uyu munsi”. Yavuze ko yatewe umujinya “no gukatirwa gufunga ataburanye” yongeraho ko “Africa y’Epfo iri kunyerera isubira mu butegetsi bwa apartheid”.

Umwe mu bamushyigikiye, Lindokuhle Maphalala yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko niba umukuru wa Polisi aje gufata Zuma “agomba kuduheraho”. Imbere y’urugo rwe, Zuma yabwiye abamushyigikiye ati: “Hakurikiraho guhangana niba Polisi igerageje gushaka kumfata”.

Abamushyigikiye Nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, bamwe bambaye imyambaro gakondo y’aba-Zulu abandi mu myenda ya ANC iriho ifoto ye, bamaze kuba benshi bakambitse hanze y’urugo rwe i Nkandla bakora ingabo y’abantu yo kumukingira.

Gusa amategeko yo kwirinda Covid muri iki gihugu abuza abantu nk’aba guhurira hamwe. Ariko nta bapolisi bigeze bagerageza no gutatanya aba bantu, byatumye benshi bongera kuvuga ko Zuma ari hejuru y’amategeko kandi ubucamanza budakora iyo bigeze ku banyapolitiki bakomeye.

Jacob Zuma yabwiye kenshi abamushyigikiye ko adatinya gufungwa, ariko nanone ku ruhande itsinda ry’abanyamategeko be rirakora ubudahagarara ngo adafungwa.

Urukiko rwavuze ko ruzumva ubujurire bwe tariki 12 z’uku kwa karindwi 2021. Uyu munyapolitiki w’imyaka 79 yakuwe ku butegetsi mu 2018 abumazeho imyaka icyenda, nyuma y’ibirego bya ruswa.

Abacuruzi bakomeye bashinjwe gucura imigambi n’abanyapolitiki yo gufata imyanzuro runaka mu nyungu zabo. Ariko Zuma inshuro nyinshi yavuze ko ibi ari undi mugambi wa Politiki wo kumusebya. Uyu mugabo, inshuro imwe nibwo yavuganye n’abakora iperereza kubyo aregwa nyuma yanze kongera kubitaba.

Mu rundi rubanza rutandukanye, mu kwezi gushize Zuma yahakanye ruswa mu igurwa ry’intwaro ry’agaciro ka miliyari $5 ryabaye mu myaka ya 1990.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga