• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Abishe Perezida wa Haiti bamenyekanye, bamwe bafashwe mpiri n’ibikoresho

Umwanditsi
July 9, 2021

Itsinda ry’abicanyi rigizwe ahanini n’abahoze ari abasirikare ba Colombia ni ryo ryishe Perezida wa Haïti Jovenel Moïse ku wa gatatu, nkuko polisi ibivuga.

Umukuru wa polisi Léon Charles yabwiye abanyamakuru ko iryo tsinda ryarimo Abanya-Colombia 26 n’Abanyamerika babiri bafite inkomoko muri Haïti. Umunani bacyekwa kuba muri iryo tsinda ntibarafatwa, mu gihe 17, barimo n’abo Banyamerika babiri, batawe muri yombi.

Abandi basigaye bacyekwa kuba muri iryo tsinda bishwe barasiwe mu mirwano na polisi mu murwa mukuru Port-au-Prince.

Itsinda ry’abagabo bitwaje imbunda biraye mu rugo rwa perezida saa saba z’ijoro (1:00) zaho ku wa gatatu, ni ukuvuga saa moya za mu gitondo (7h) ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi.

Umugore wa Perezida Moïse, Martine Moïse, yakomerekeye mu gitero ajyanwa mu ndege kuvurirwa muri leta ya Florida muri Amerika, aho bivugwa ko uko ameze ubu byahamishijwe hamwe.

Ntibiramenyekana uwacuze umugambi w’icyo gitero cyangwa icyatumye kiba. Ariko Claude Joseph, Minisitiri w’intebe w’inzibacyuho (cyangwa w’imfatakibanza mu Kirundi) wa Haïti, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko uwo Perezida wari ufite imyaka 53, ashobora kuba yarishwe kuko yari arimo kurwanya “abaherwe” bo mu gihugu.

Ku wa kane, polisi yagaragarije abanyamakuru bamwe mu bacyekwaho kumwica n’intwaro zabo, impapuro z’inzira (passports) zo muri Colombia n’izindi gihamya.

Bwana Charles yagize ati: “Abanyamahanga baje mu gihugu cyacu kwica perezida”.

Yongeyeho ati: “Tuzongerera imbaraga iperereza ryacu n’ibikorwa byo gushakisha kugira ngo dufate abandi bacanshuro umunani”.

Leta ya Colombia yavuze ko abatari munsi ya batandatu muri abo bavugwa ko bari muri iryo tsinda bisa nkaho ari abasezerewe mu gisirikare cyayo. Yasezeranyije gufasha Haïti mu bikorwa by’iperereza.

Hagati aho, ibiro by’ububanyi n’amahanga by’Amerika byavuze ko bidashobora kwemeza niba hari n’umwe mu baturage b’iki gihugu wafunzwe.

Abakora iperereza baracyashakisha abacuze uwo mugambi w’ubwicanyi, bwateje akaduruvayo hamwe muri iki gihugu kiri mu bicyennye cyane ku mugabane w’Amerika.

Ku wa kane, imbaga y’abaturage barubiye yateranye irebera uburyo igikorwa cya polisi kigenda mu murwa mukuru. Imodoka zimwe zaratwitswe, ndetse abantu bateranira hanze ya stasiyo ya polisi aho abacyekwa kwica Perezida bafungiye. Igihe cy’ibihe bidasanzwe kiracyakomeje mu gihugu hose.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga