• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/11/25
Itangazo ry’Umushinga RW0379 ADEPR Gatenga rihamagarira Gupiganira isoko
13/11/25
Amajyepfo-Turindane: Kamonyi ku isonga mu mpanuka zirimo izihitana ubuzima bw’Abantu
13/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET byamusabye gusa iminota 7 kugira ngo atsindire 247,860 Frws
13/11/25
Kamonyi: Ubuyobozi bw’Akarere ku Ruhimbi rw’Itorero EPR mu cyumweru cyahariwe Umuryango

Kamonyi-Runda: Umunsi wa mbere wa Guma mu rugo hafashwe abasaga 50 barenze ku mabwiriza

Umwanditsi
July 17, 2021

Abafashwe bari mu bigero by’imyaka itandukanye, barimo abagore n’abagabo. Bakusanyirijwe mu kibuga kigari ahazwi nka MAGERWA mu isantere y’ubucuruzi ya Ruyenzi. Mu butumwa bahawe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi, bibukijwe ko bakwiye kubahiriza ingamba n’amabwiriza byo kwirinda Covid-19, bakirinda ingendo zitari ngombwa zishobora kubakururira kuba ikiraro cy’iki cyorezo.

Mu butumwa umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Tuyizere Thaddee yahaye abafashwe bose, yabibukije ko iki cyorezo cya Covid-19 ntawe kirobanura, ko kitita ku mpamvu za buri wese mubyo agiyemo atubahirije ingamba zo kwirinda. Yababwiye ko iyi minsi 10 ya Guma mu rugo bayitwayemo neza ishoboraa kuza ari umuti, ubuzima bukagaruka.

Meya Tuyizere

Meya Tuyizere yagize ati“ Iyi minsi icumi, ni umuti tugomba kunywa tugakira Covid-19.  Mukore gahunda zanyu neza mwubahiriza amabwiriza ya Guma mu rugo, uhaha ahahire rimwe yirinde ingendo zitari ngombwa zishobora gutuma ajya mu byago byo kwandura akananduza umuryango wose”.

Nyuma yo kumva inama n’impanuro z’ubuyobozi, abafashwe biyemeje ko bagiye kujya mu rugo, bakirinda kunyuranya n’amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo. Babwiwe kandi ko bagiriwe ubuntu ku munsi wa mbere bagahabwa imbabazi, ariko ko imbababazi za mbere aribo bakwiye kuzigirira bakirinda kuba icyambu cya Covid-19.

Amakuru agera ku intyoza.com ni uko Akarere ka Kamonyi muri iyi minsi 10 ya Guma mu rugo kamaze gukora amatsinda ya bamwe mu bakozi bagomba gukurikirana iyubahirizwa ry’amabwirizwa n’ingamba zo kwirinda iki cyorezo, aho buri murenge ufite abakozi bagomba kuwukurikirana kandi bari mu nzego zitandukanye zikorera mu Karere.

Mu muhanda ni Polisi, urubyiruko rw’abakorerabushake n’izindi nzego.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5912 Posts

Politiki

4162 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1031 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

154 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga