• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/10/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
31/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
31/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
31/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa

Umugabo yafatiwe i Nyanza atwaye umukozi we ku ivuko arwaye Covid-19

Umwanditsi
July 25, 2021

Polisi y’u Rwanda kuri iki cyumweru ku Kicukiro yeretse itangazamakuru Umugabo utuye mu Mujyi wa Kigali ahazwi nka Kanserege, aho kuri uyu wa Gatandatu yafatiwe mu karere ka Nyanza atwaye umukozi we w’umukobwa mu modoka inyuma ( kure y’aho yicaye-Seat boots). Yari amujyanye iwabo ku ivuko kandi azi neza ko arwaye icyorezo cya Covid-19.

Uyu mugabo weretswe itangazamakuru, yari yambaye yikwije mu mwambaro bigaragara ko nawe ari mu buryo bwo kwikingira, atinya ngo atagira aho ahurira n’iki cyorezo cya Covid-19 cyarwawe n’umukozi we.

Uyu mugabo yavuze ko umukozi we yanze kwishyira mu kato, agahitamo kumujyana iwabo.

Nkuko bigaragara mu mafoto RBA yashyize ku rubuga rwa Twitter, imodoka uyu mugabo yari atwaye ni iyo mu bwoko Nissan Patrol. Umukozi yari yicaye ku ntebe z’inyuma berekeje iwabo.

Uyu mugabo yatangaje ko kujyana uyu mukozi iwabo kandi azi neza ko arwaye icyorezo cya Covid-19 byatewe n’uko ngo yari yanze kwishyira mu kato.

CP John Bosco Kabera asobanurira itangazamakuru iby’ifatwa ry’uyu mugabo.

CP John Bosco Kabera, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yabwiye itangazamakuru ko uyu mugabo yitwaje Uruhushya yari yahawe rwo kujya mu Karere ka Kamonyi, we agahitamo gukomeza yerekeza i Huye ajyanye uyu mukozi we. Avuga kandi ko Polisi y’u Rwanda itazihanganira umuntu wese ukoresha uruhushya yahawe mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5902 Posts

Politiki

4153 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga