• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
20/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
20/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
20/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Perezida Samia Suluhu yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Umwanditsi
August 2, 2021

Umukuru wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania, Madame Samia Suluhu mu gitondo cy’uyu wa Mbere nibwo yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 2. Biteganijwe ko azagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Kagame Paul.

Perezida Suluhu, biteganijwe ko asura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi. Biteganijwe kandi ko muri uru ruzinduko rwe agirana ibiganiro na Perezida w’u Rwanda, Kagame Paul, aho kandi byitezwe ko amwakira muri Village Urugwiro ndetse nyuma bakaza gusangira kumeza. Ni uruzinduko kandi byitezwe ko aba bakuru b’Ibihugu byombi bazakurikirana isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi agamije iterambere.

Ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali, Perezida Suluhu yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Biruta Vincent

Mu bindi Perezida Suluhu azakora muri uru ruzinduko nkuko byatangajwe n’ibiro bye, harimo gusura icyanya cyahariwe inganda cy’i Masoro ho mu Karere ka Gasabo, ahazwi nka Kigali Special Economic Zone, aha ni naho habarizwa inganda zikomeye zirimo n’urwa AZAM rufite ibikorwa byinshi bikomeye mu Gihugu cya Tanzania. Muri uru ruzinduko kandi hateganijwe ikiganiro n’itangazamakuru.

Perezida Suluhu ubwo yahagurukaga muri Tanzania aje mu Rwanda. Abategetsi baje ku musezera no kumwifuriza urugendo ruhire.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga