• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
17/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda

Perezida Samia Suluhu yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Umwanditsi
August 2, 2021

Umukuru wa Repubulika yunze Ubumwe ya Tanzania, Madame Samia Suluhu mu gitondo cy’uyu wa Mbere nibwo yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, aho aje mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 2. Biteganijwe ko azagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Kagame Paul.

Perezida Suluhu, biteganijwe ko asura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi. Biteganijwe kandi ko muri uru ruzinduko rwe agirana ibiganiro na Perezida w’u Rwanda, Kagame Paul, aho kandi byitezwe ko amwakira muri Village Urugwiro ndetse nyuma bakaza gusangira kumeza. Ni uruzinduko kandi byitezwe ko aba bakuru b’Ibihugu byombi bazakurikirana isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi agamije iterambere.

Ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali, Perezida Suluhu yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Biruta Vincent

Mu bindi Perezida Suluhu azakora muri uru ruzinduko nkuko byatangajwe n’ibiro bye, harimo gusura icyanya cyahariwe inganda cy’i Masoro ho mu Karere ka Gasabo, ahazwi nka Kigali Special Economic Zone, aha ni naho habarizwa inganda zikomeye zirimo n’urwa AZAM rufite ibikorwa byinshi bikomeye mu Gihugu cya Tanzania. Muri uru ruzinduko kandi hateganijwe ikiganiro n’itangazamakuru.

Perezida Suluhu ubwo yahagurukaga muri Tanzania aje mu Rwanda. Abategetsi baje ku musezera no kumwifuriza urugendo ruhire.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5866 Posts

Politiki

4117 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1010 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga