• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
15/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Rihanna yabaye umugore wa mbere muri Muzika ukize ku Isi

Umwanditsi
August 5, 2021

Rihanna ubu arabarirwa umutungo wa miliyari irenga y’amadorari, akaba n’umugore ukize kurusha abandi muri muzika ku isi, nk’uko bitangazwa na Forbes. Iki cyamamare muri pop kibarirwa agaciro ka miliyari $1.7, mu gihe kompanyi ye ikora ibikoresho byo kunogereza uburanga bw’abagore Fenty Beauty ibarirwa agaciro ka miliyari $1.4

Ibisigaye ku mutungo we biva ahanini kuri kompanyi ye Savage x Fenty, ikora utwambaro tw’imbere tw’abagore ibarirwa agaciro ka miliyoni $270. Undi mutungo usigaye ni uwo avana muri muzika no gukina filimi.

Rihanna nkuko BBC ibitangaza, ubu ni uwa kabiri inyuma ya Oprah Winfrey nk’umugore ukize cyane mu bijyanye n’imyidagaduro.

Rihanna, amazina ye nyakuri ni Robyn Fenty – yafunguye Fenty Beauty mu 2017 afatanyije na kompanyi y’imirimbo ihenze LVMH. Icyo gihe, yavuze ko intego y’ibikorwa bye ari ukuneza “buri mugore wese uko ateye” atangirana amoko 40 y’ibyo gusiga uburanga, ibintu icyo gihe bitari byitezwe.

Kubera uko ibicuruzwa bye byakunzwe byaganishije ku cyo bise “Fenty Effect” aho kompanyi zindi zikora nk’ibyo byabaye ngombwa ko zagura ibicuruzwa zakoraga byo kunoza uburanga.

Fenty Beauty yinjije arenga miliyoni $550 mu mwaka wayo wa mbere, nk’uko bivugwa na LVMH. Gusa business zose za Rihanna ntabwo zamuhiriye.

Rihanna n’umukunzi we A$AP Rocky baherutse kuboneka bari gufata amashusho y’indirimbo yabo.

Mu ntangiriro z’uyu maka, uyu mukobwa w’imyaka 33 yumvikanye na LVMH bafunga ishami rya Fenty rikora imyenda nyuma y’imyaka itageze kuri ibiri rikora.

Rihanna ukomoka ku kirwa cya Barbados yagurishije kopi zirenga miliyoni 250 za muzika ye, ariko kuva mu 2016 ntarasohora album y’indirimbo. Gusa aherutse kuboneka ari gufata amashusho y’indirimbo yakoranye n’umusore w’inshuti ye,”Umuraperi” A$AP Rocky.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga