• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Papa Francis yasabye buri muntu kwikingiza Covid-19

Umwanditsi
August 19, 2021

Umukuru wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis yatanze ubutumwa busaba abantu kwikingiza Covid-19 avuga ko inkingo zishobora kurangiza iki cyorezo, ariko mu gihe zigeze kuri bose.

Papa Francis yatanze ubu butumwa bushishikariza abantu kwikingiza Covid mu gihe hari bamwe mu bakristu Gatolika bashidikanya izi nkingo. Mu butumwa bw’amashusho burimo n’abandi basenyeri Gatolika bo ku mugabane wa America, Papa Francis yagize ati: “Ku bw’impuhwe z’Imana n’akazi ka benshi, ubu dufite inkingo zo kudukingira Covid-19. Ziduha icyizere cyo kurangira kw’iki cyorezo, ariko mu gihe zibonetse kuri bose kandi dufatanyije”.

Papa Francis nkuko BBC ibitangaza, yatanze ubu butumwa mu izina ry’imiryango itegamiye kuri Leta yo muri Amerika ya Ad Council n’ihuriro ry’ubuvuzi COVID Collaborative.

Inkingo za Covid ziraboneka ku bwinshi mu bihugu bikize byazigwijeho mu gihe ibihugu bikennye bikiri inyuma mu kuzibona, ibyo OMS/WHO yise “icyago cyo kubura ubumuntu”.

Hari benshi ariko bagishidikanya ubushobozi bw’izi nkingo zakozwe mu gihe gito ugereranyije n’igisanzwe, n’abemera amakuru amwe ayobya azivugwaho.

Ibihugu byinshi ku isi ubu byugarijwe n’ubwoko bushya bw’iyi virus bwa Delta bwandura vuba kandi bwica kurusha ubusanzwe.

Inzobere mu buvuzi ziburira ko hashobora kuza andi moko arushijeho ubukana niba iyi virus ibashije gukomeza gutembera mu bantu benshi batakingiwe.

Papa Francis ubwe yakingiwe Covid mu kwezi kwa gatatu, avuga ko icyo gihe byari inshingano ikwiriye.

Muri ubu butumwa bushya yatanze yagize ati: “Kwikingiza biroroshye, ariko ni uburyo bwo guteza imbere icyiza rusange no kwita ku bandi, cyane cyane abageramiwe kurusha abandi.

Yongeraho ati: “Ndasenga Imana ngo buri wese atange uruhare rwe rutoya, igikorwa cye gito cy’urukundo ku bantu bose”. Ibigo bya Ad Council na COVID Collaborative byatangiye ubukangurambaga ku nkingo muri Amerika mu kwezi kwa mbere, nk’uko bivugwa n’ibiro ntaramakuru Reuters.

Itangazo ryasohowe na Ad Council, rivuga ko ubu butumwa Papa yatanze ari ubukangurambaga bwabo bwa mbere bakoze bugenewe abatuye isi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga