• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/04/26
Kamonyi-Kwibuka32: Guverineri Alice Kayitesi yasabye Ababyeyi kudakomeza kuroga abo babyara babikoreza imitwaro yabananiye
08/04/26
Kamonyi-ESB: N’Utsindwa yatsinda-Padiri Majyambere Jean d’Amour
08/04/26
Kamonyi: Kwegera Umworozi ntibikwiye kuba gusa igihe itungo rye ryagize ikibazo-Visi Meya Uzziel
08/04/26
Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n’Imvugo z’urwango

Kamonyi: Impungenge ku iyubakwa ry’umuhanda wa Kaburimbo Ruyenzi-Gihara zashize-Amafoto

Umwanditsi
September 8, 2021

Umwaka n’amezi asaga 8 birashize abatuye Akarere ka Kamonyi by’umwihariko abakoresha umuhanda Ruyenzi, Gihara bategereje iyuzuzwa ry’umuhanda wa mbere wa Kaburimbo winjira muri karitsiye ufatiye ku muhanda mukuru unyura muri aka karere ugana amajyepfo no mu bindi bice by’igihugu. Nyuma y’igihe hibazwa amaherezo, ubu umuhanda watangiye gushyirwamo ibizwi nka Godoro bamena mu muhanda uri hafi gushyirwamo Kaburimbo.

Igikorwa cyo gushyira Godoro muri uyu muhanda, aho iyo isa n’imaze kumuka barenzaho umusenyi muke kigeze nko mu cyakabiri cy’uyu muhanda uzubakwa kugera Gihara mu gice cyangwa se igika cya mbere, kuko ubundi wose uzagera Nkoto. Abazi ahazwi nko kwa Musenyeri, ubu niho bageze.

Tuyizere Thaddee, Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kamonyi amara impungenge abaturage b’aka karere n’abandi bakoresha uyu muhanda, ko nubwo icyorezo cya Covid-19 cyakomye mu nkokora iyubakwa ry’uyu muhanda, ubu ngo gahunda nta yindi itari ukwihutisha ikorwa ryawo.

Aha ni aharangiye gushyirwaho Godoro n’agasenyi cg umucanga useye cyane.

Meya Tuyizere, amara kandi impungenge abibaza kuri kaburimbo izashyirwa muri uyu muhanda, aho bamwe usanga bavuga ko ari iyoroheje( Bicouche). Ashimangira ko uyu muhanda uzashyirwamo kaburimbo ikomeye itari iyo bamwe bavuga ngo ni Bicouche.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5946 Posts

Politiki

4195 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga