• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Ubufaransa bwongeye gukurikirana Isaac Kamali

Umwanditsi
September 17, 2021

Ubutabera bw’Ubufaransa bwongeye gukurikirana umunyarwanda Isaac Kamali ukekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Akurikiranyweho icyaha cya jenoside n’ibyaha byibasiye inyoko muntu.

Kamali w’imyaka 72 yafashwe n’ubutabera bw’Ubufaransa ku wa kane taliki 16 Nzeri 2021 nk’uko byatangajwe n’ishami ry’ubushinjacyaha bw’Ubufaransa rishinzwe kurwanya ibikorwa by’iterabwoba.

Ubutabera bw’u Rwanda bwari bwaramukatiye igihano cy’urupfu muri 2003, igihano yakatiwe n’urukiko rwa Gitarama adahari ariko kiza guhindukamo icya burundu ubwo igihano cy’urupfu cyavanwaga mu mategeko y’u Rwanda.

Si ubwa mbere Isaac Kamali afatwa n’inzego z’ubutabera, kuko muri Nyakanga 2007 nabwo yigeze gufatwa ubwo yageragezaga kujya muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, inzego z’ubutabera za Amerika zaramufashe ariko ahita yoherezwa mu Bufaransa kubera ubwenegihugu bw’icyo gihugu yabonye mu 2002. U Rwanda rwasabye ko yakoherezwa mu Rwanda cyakora ubutabera bw’Ubufaransa bubitera utwatsi ndetse nyuma y’igihe aza kongera kurekurwa.

Gukurikiranwa kwe biraganisha ku kuba yaburanishwa vuba, nubwo kubera impamvu z’ubuzima bwe butameze neza atahise afungwa ahubwo yahawe n’umucamanza ibyo agomba kwubahiriza agakurikiranwa ari hanze.

Mu kirego cyayo, CPCR yo ishinja uyu Kamali wahoze ari umuyobozi mukuru muri Minisiteri yari ishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu Rwanda, kuba yaragize uruhare mu bwicanyi, gusahura no gusenya imitungo y’abatutsi no guhamagarira interahamwe gukora ibyaha bitandukanye ubwo yabaga ayoboye za mitingi.

Isaac Kamali atangiye gukurikiranwa mu gihe muri iki gihugu cy’Ubufaransa hategerejwe izindi manza ebyiri, harimo urwa Claude Muhayimana wari umushoferi kuri Hotel yo ku Kibuye. Biteganijwe ko azatangira kuburanishwa mu mpera z’Ugushyingo uyu mwaka. Hari kandi urwa Laurent Bucyibaruta wari Perefe wa Gikongoro uzatangira kuburanishwa muri Gicurasi 2022. U Rwanda kandi rwatanze impapuro zo guta muri yombi abandi basaga 40 bari ku butaka bw’Ubufaransa, barimo Padiri Wenceslas Munyeshyaka na Agatha Kanziga wari umugore wa Perezida Juvenal Habyarimana.

Gerard M. MANZI

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga