• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi: Hakenewe abajyanama ku bangavu baterwa inda zitateganijwe

Umwanditsi
September 20, 2021

Abakora mu burezi ndetse n’ubuzima barasaba ko ibigo by’amashuri bikwiye kugira abajyanama baba hafi y’abangavu baterwa inda batarageza ku myaka y’ubukure kugirango babafashe gukomeza kwiyubaka no gutegura ejo habo heza. Si ikibazo gusa ku bigo by’amashuri, ahubwo n’abandi mu miryango bahuye n’iki kibazo, byagaragajwe ko bakeneye abajyanama babaherekeza nyuma y’ibyo baba bahuye nabyo bishobora kubangiriza ubuzima batabonye ubitaho.

Ibi babitangaje ubwo hasozwaga igikorwa cyateguwe n’Ikigo giharanira Uburenganzira no guteza imbere Ubuzima, Health Development Initiative (HDI) hagamijwe gusobanura ingingo ziri mu itegeko zitanga uburenganzira bwo kuba uwatewe inda atabishaka yayikuramo.

Uwihanganye Gaudance, umuhuzabikorwa w’inama y’Igihugu mu nama y’abagore mu murenge wa Runda, avuga ko izi ngingo ziri muri iri tegeko ari nziza ariko ko aba bana bazafashwa gukuramo inda bazasigarana ibibazo bitandukanye byo kwiheba n’ibindi.

Yagize ati” Nibyo izi ngingo zemerera abangavu batewe inda bakiri bato n’abandi bafashwe ku ngufu kuzikurirwamo, ariko nkuko tubizi ubuzima bwabo buba bwajemo ibibazo ndetse bikabaviramo ibikomere. Kugira ngo tubafashe neza nuko bakeneye abantu bo kubitaho ndetse bakigishwa uko bagomba kurenga ibi bikomere baterwa no guterwa inda bakanagaruka ku mashuri bakitabwaho neza n’undi muntu ubifitiye ubushobozi”.

Yumba Jean Paul, umuhuzabikorwa w’ikigo cy’urubyiruko mu karere ka Kamonyi avuga ko aba bangavu baterwa inda bahura n’ibibazo bitandukanye mbere ndetse na nyuma yo guterwa inda, ko uwabyaye cyangwa uwakuriwemo inda bakwiye kujya bagira ababa hafi bakabaganiriza ndetse bagafashwa kurenga ibyababayeho.

Yagize ati” Nyuma yo gusobanurirwa ibijyanye n’izi ngingo zo kubafasha gukurirwamo inda, haba nyuma yo kubyara cyangwa gukurirwamo inda usanga bagira ibikomere byihariye bizasaba ko bagira abababa hafi bakabigisha, babafasha kurenga ibyababayeho bagategura ejo habo heza kuko bigishijwe guhangana n’ihungabana”.

Mporanyi Théobald, Umujyanama muri HDI akaba n’impuguke mu bijyanye n’ubuzima  avuga ko mu Rwanda gukuramo inda bihanwa n’amategeko, ariko ko hari aho ingingo ziteganya irengayobora, uburyo uwatewe inda ashobora kuyikurirwamo kubera ko byemejwe n’inzego bireba zirimo iz’ubutabera n’ubuvuzi.

Ati“ Ubusanzwe gukuramo inda bihanwa n’amategeko yu Rwanda biciye mu ngingo ya 123 n’iya 124 y’igitabo cy’ibyaha kikanagena ibihano, zerekana ko ukuyemo inda akabihamywa n’urukiko ahanwa. Ariko ingingo ya 125 ikaza itanga irengayobora ivuga ibice bitanu bibuza uburyozwacyaha ku muntu wakuriwemo inda ku buryo bwemewe akaba yayikurirwamo”.

Akomeza avuga ko aba bangavu bahura n’ibibazo bakiri bato bakomeza gufashwa ariko habonetse abo kubitaho by’umwihariko byafasha umuryango gukomeza kugira ubuzima bwiza kuko hari igihe usanga hari abongeye kugwa mu bishuko bagatwara izindi nda bakiri muri ya myaka micye.

Muri ibi biganiro byabaye iminsi 4, haganirijwe abakora umwuga w’uburaya, abangavu babyaye imyaka itaragera kuri 18, hanaganirijwe kandi abayobozi b’ibigonderabuzima, abahagarariye urubyiruko rw’abakorerabushake, abayobozi, abari muri Komite z’inama y’igihugu y’abagore n’abari bahagarariye imirenge ku ngingo zemerera abatewe inda kuzikurirwamo bikorewe ku bitaro byemewe na Leta n’amavuriro yigenga yemewe na Leta kandi biri ku rwego ruvugwa mu itegeko.

Muri iyi ngingo y’ 125 yemerera abangavu n’abakobwa gukurirwamo inda mu gihe bafashwe ku ngufu, mu gihe uwatewe inda atarageza ku myaka y’ubukure, mu gihe iyo nda yayitewe nuwo bagira icyo bapfana ku gisanira cya 2, kuba inda atwite ishyira ubuzima bwe mu kaga ikaba yanamuhitana, kuba usaba gukurirwamo inda yarashatse umugabo ku ngufu.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga