• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Malawi: Umudepite yirasiye mu nteko ishingamategeko ahita apfa

Umwanditsi
October 1, 2021

Uwahoze ari intumwa ya rubanda/umudepite akomeye cyane mu nteko ishingamategeko ya Malawi, Clement Chiwaya, yirasiye mu nzu y’inteko ahita apfa.

Chiwaya, yagendaga yicaye mu kagare k’abafite ubumuga nyuma yo kurwara indwara y’ubukangwe/imbasa afite imyaka ibiri. Yabaye uwungirije umukuru w’inteko ishinga amategeko hagati y’umwaka wa 2014 na 2019.

Mu nyandiko yasize yanditse mbere gato y’uko yirasa, yavuze ku mpari/ibibazo yagiranye n’abakozi bo mu nteko ishinga amategeko ku modoka yakozwe hakurikijwe ubumuga bwe.

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’uwungirije umukuru w’inteko ishinga amategeko, yahise atangira gushakisha uburyo bwo kugura imodoka yemerewe n’urwo rwego ashobora kwitwarira we wenyine n’ubwo bumuga afite.

Yishyuye amafaranga, ariko agashinja inama nshingamategeko kumwima impapuro zemeza ko ari iye bwite. Mu itangazo ryasohowe amaze gupfa, ibiro by’umukuru w’inama nshingamategeko byavuze ko urubanza rwari rukiri mu rukiko.

Ibinyamakuru byo muri icyo gihugu nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, bivuga ko Chiwaya yinjiye mu biro by’umwanditsi (greffier) w’inama nshingamategeko kuri uyu wa kane, ahita yirasa uwo mwanditsi areba.

Mu nyandiko ye, yavuze ko yari aruhijwe no gukomeza asabiriza ibintu bisanzwe ari ibye, ahita avuga ko yiyahuye kubera ubwoba “bwo kuba yababaza abandi”.

Chiwaya yavutse mu 1971, yabaye uharanira uburenganzira bw’abafite ubumuga, aniyamamaza ku mwanya w’umu shingamategeko inshuro eshatu yikurikiranya.

Ubu igipolisi kirimo kirakora iperereza ku buryo yashoboye kwinjira mu nama nshingamategeko yitwaje imbunda ntoya, mu gihe mu bisanzwe iba icungiwe umutekano cyane. Ibiro by’umukuru w’inama nshingamategeko bivuga ko abashinzwe umutekano baketse ko ari akagare agendamo kasakuje igihe barimo bamusaka.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga