• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro
21/03/26
Minisitiri Uwimana Consolée, ati“ Akarere ka Kamonyi gashobora kuba karatekereje ko kageze iyo kajyaga”
21/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
21/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene

Umuryango wa Kabuga urasaba gusubizwa imitungo yabo yafatiriwe

Umwanditsi
October 2, 2021

Abana ba Kabuga Félicien, utegereje kuburanishwa ku byaha byibasiye inyokomuntu i La Haye, barasaba ko imitungo yabo ndetse n’iya se yafatiriwe n’ubutabera yarekurwa.

Kabuga wafatiwe mu Bufaransa taliki 16 Gucurasi 2020, inama ntegurarubanza ye izaba taliki 6 Ukwakira 2021 kugira ngo hagenwe italiki urubanza rwe ruzatangiriraho.

Hagati aho abana be ndetse n’abandi bo mu muryango we ba hafi, bakomeje intambara yo kureba ko imitungo yabo ndetse n’iya se imaze hafi imyaka 20 yarafatiriwe n’ubutabera bakongera bakayisubirana.

Uwahoze ari umushinjacyaha mukuru w’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri Arusha, Carla Del Ponte, yari yarahisemo gukurikirana inzira amafaranga ya Kabuga anyuramo, no gufatira imitungo ye n’abo mu muryango we ba hafi nk’uburyo bw’inzira ya bugufi yo kumufata.

Umushinjacyaha wa TPIR uri i La Haye, Serge Brammertz, yateye utwatsi icyifuzo cy’abo mu muryango wa Kabuga, avuga ko mu gihe baramuka basubijwe umutungo wa Kabuga wazifashishwa n’abo mu muryango we mu kugura abatangabuhamya no gusibanganya ibimenyetso.

Umushinjacyaha Brammertz avuga ko n’ubwo Urukiko rwashyiriweho u Rwanda ku barokotse n’abahohotewe n’abahamijwe ibyaha, abahohotewe bashobora kuzifashisha urubanza rwa Kabuga bakaba baregera indishyi mu nkiko zo mu Rwanda ndetse n’iz’ahandi bakaba babona indishyi.

Gushakisha no gufatira imitungo ya Kabuga iri hirya no hino ku isi byatangiye mu 1999, aho hafatiriwe za konti ziri mu Bufaransa no mu Bubiligi ndetse no muri Banki nkuru ya Kenya. Hanafatiriwe kandi umutungo we uri muri Kenya ubaruye kuri Kabuga Felicien n’umugore we Josephine Mukazitoni (uyu yapfuye muri 2017). Ubutabera mpuzamahanga buvuga ko umutungo wa Kabuga urenga miliyari 20 z’amafaranga y’u Rwanda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5939 Posts

Politiki

4188 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1046 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga