• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Umuti wa mbere wa SIDA uterwa mu rushinge ukamara igihe wemejwe

Umwanditsi
November 21, 2021

Abantu ibihumbi n’ibihumbi barwaye icyorezo cya SIDA bagiye guhabwa umuti uterwa mu rushinge ukamara igihe kirekire. Ibi bizatuma bagahagarika bya binini bahoraga bafata buri musi. Abagiraneza bishimiye cyane uyu muti mushyashya wemejwe n’ikigo gishinzwe ubuvuzi cyo mu Bwongereza-NHS.

Uyu muti utuma Virus igabanya ubukana, ukaba ukora cyo kimwe na bya binini bisanzwe bifatwa buri musi. Byitezwe ko mu Bwongereza abantu bagera ku 13.000 bashobora guhita bayoboka uyu muti.

Imiti Cabotegravir (uzwi kandi kw’izina rya Vocabria ukaba wakozwe n’ikigo ViiV Healthcare) hamwe na rilpivirine (uwo nawo ukaba uzwi kandi nka Rekambys wakozwe na Janssen), ni imiti iterwa inshuro ebyiri rumwe rumwe ukwarwo rimwe mu mezi abiri.

Hagati aho nkuko BBC ibitangaza, uyu muti ugirira akamaro gusa ba bantu bageze ku rugero rw’aho virusi itakiboneka mu maraso nyuma y’igihe barimo barafata bya binini. Abahanga bavuga ko uyu muti ushobora kugirira akamaro abantu benshi.

Umwarimu muri kaminuza Chloe Orkin, akaba ari n’umuhanga mu bijyanye na virusi ya SIDA muri kaminuza ya Queen Mary i Londres/London, avuga ko uyu muti ushobora kugabanyiriza abarwayi umuzigo wo guhora bafata bya binini buri musi, kuko wo bazawuterwa inshuro esheshatu gusa mu mwaka.

Muganga Sanjay Bhagani, uyoboye ishyirahamwe European Aids Clinical Society, avuga ati: “Iki ni ikintu gikomeye cyane”.

Akomeza ati” Kunenwa ni ikibazo gikomeye cyane ku banduye virusi itera SIDA, kandi abatari bake ntiboroherwa no gufata ibinini imisi yose. Ibi rero bizatuma abenshi bahabwa uyu muti uterwa mu rushinge”.

Alex Sparrowhawk w’i Manchester, asanzwe akora mu ishyirahamwe rishinzwe kurwanya SIDA rizwi nka Terrence Higgins Trust. Haciye imyaka 12 yanduye virusi itera SIDA, kuva icyo gihe ari ku binini bya ART iminsi yose. Avuga ko ari ikintu kiryoheye ugutwi kumva ko hari uwundi muti ushobora kugabanya uyu muzigo.

Ati” Iyi nkuru ni ikintu abantu benshi bari bamaze igihe kirekire bategereje. Kumva ko uzaterwa umuti inshuro esheshatu gusa mu mwaka aho gufata imiti ya buri munsi ni ikintu gishimishije cyane. Kwibuka ko uhora ufata imiti ya SIDA buri munsi bihora bikwibutsa ko urwaye SIDA kandi ntibishobora kukuvamo.

Akomeza ati” Hari abantu bashobora kuba babana n’abandi batazi ko banduye cyangwa batanduye virusi, cyangwa usanga bakora akazi kababuza kugendagenda bazenguruka hirya no hino ku isi, ibi bigashobora kuba inzitizi ku guhora umuntu afata imiti iminsi yose”. Ku bwe, abakwiye gushyirwa imbere mu guhabwa uyu muti ni abo bose bawukeneye cyane gusumba abandi, nk’abasanzwe bahura n’ikibazo cyo kunenwa.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga