• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
05/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
05/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
05/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Abimenyereza(stagiaires) umwuga wo kuvura muri Uganda bahagaritse imirimo yose

Umwanditsi
December 13, 2021

Abakozi bo kwa muganga bakora nk’abimenyereza akazi (stagiaires/interns) muri Uganda batangaje ko bakajije gusumba ingingo yabo yo guhagarika akazi basaba kwongerwa agahembo.

Abo bakozi batangiye iyo myigaragambyo tariki 06 ukwezi k’Ugushyingo, ariko bari bakomeje bakora imirimo yihutirwa bakanafasha abakozi bo kwa muganga mu bitaro.

Urwandiko rwa Minisitiri w’Ubuzima rwo ku wa Gatandatu rwategetse abo baforomo n’abaganga bimenyereza akazi bari mu myigaragambyo kuva mu mavuriro n’ibitaro aho bari basanzwe bakorera, mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa.

Abo baforomo n’abaganga bo mu bitaro bya Leta mu gihugu cyose nabo bahise batangaza ko kuva i saa sita z’ijoro ryo kuri iki cyumweru bahita bahagarika akazi kose.

Muganga Dr Lillian Nabwire, ukuriye ishyirahamwe ry’abanganga bimenyereza, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko abaganga bimenyereza bahereye mu 2017 basaba kongezwa umushahara. Leta yakomeje ibemerera kongera umushahara wabo, ariko avuga ko bitigeze bikorwa.

Nyuma yuko aba bimenyereza bavuye mu mirimo bakoraga, Abanganga bakuru nibo bitaho abarembye n’abakeneye kuvurwa byihuta, ariko bagabanuye kwakira abaje kwivuza bataha, nk’uko umwe mu baganga yabibwiye BBC.

Hari hasanzwe hari irindi tsinda ry’abimenyereza akazi ryatangiye gukora mu mezi abiri. Abimenyereza kuvura bagomba kumara igihe kingana n’ umwaka wose bakora kugira ngo bahabwe urupapuro rw’uko bemewe nk’abakozi bo kwa muganga. Bahembwa ama shiringi ya Uganda 750.000 (hafi amadorari 200) ku kwezi muri icyo gihe cyose cy’umwaka bamara bimemyereza.

intyoza

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga