• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Umugore wa Perezida Macron w’u Bufaransa agiye kujyana mu nkiko abavuga ko yahinduye igitsina

Umwanditsi
December 24, 2021

Brigitte Macron, umufasha wa Perezida w’Igihugu cy’u Bufaransa, agiye kwitabaza urukiko kugira ngo arege abamushinja babinyujine ku mbuga nkoranyambaga ko yavutse ari umuhungu hanyuma akaza guhinduza igitsina.

Uyu mugore w’umukuru w’igihugu cy’Ubufaransa yavuzwe ku mbuga nkoranyambaga ibyo we yita ko ari ibinyoma. Ibyavuzwe binyujijwe ku mbuga nkoranyambaga, nyuma byaje gushyirwa ku rubuga rw’abanyaporitike bagendera ku byiyumviro bya cyera (extrême droite/Far-right) mu kwezi kwa Nzeri, aho byahise bikwirakwizwa n’abamurwanya.

Ibi bihuha byakwirakwijwe, bivuga ko uyu mugore w’umukuru w’Igihugu yavutse ari umuhungu kw’izina rya Jean-Michel Trogneux. Iri zina ryarazengurutse cyane ku mbuga nkoranyambaga.

Umunyamategeko w’uyu mugore wa Perezida Macron, uyu akaba ari nyina w’abana batatu bakuze yabyaye ku wo bari barashakanye ubwa mbere, aremeza ko arimo gutegura gutanga ikirego.

Uyu munyamategeko, Jean Ennochi yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati:” Yafashe ingingo yo gutangiza urubanza, kandi biri mu nzira“.

Ibi binyoma kuri uyu mugore w’imyaka 68 byakwirakwijwe n’abatavuga rumwe n’umugabo we, Perezida Emmanuel Macron, harimo abo ku ruhande rwa extrême droite/Far-right, imirwi/amatsinda y’abarwanya inkingo, hamwe n’abagendera ku byiyumviro bya rya shyaka QAnon.

Ibinyamakuru by’Ubufaransa nkuko BBC ibitangaza, byakurikiranye inkuru yanditswe mu kinyamakuru cya extrême droite n’umugore witwa Natacha Rey.

Nk’uko ikinyamakuru Libération kibitangaza, ngo iyi nkuru nyuma yaje gusomwa n’abantu benshi cyane nyuma yo kunyuzwa ku rubuga rwa YouTube rusanzwe rurebwa n’abantu benshi, bakanatanga ibitekerezo byabo kuri yo, muri byo hakaba harimo ibirwanya inkingo, abaterekwa ibya Covid, hamwe n’iby’abo ku ruhande rwa extrême droite.

Si bwo bwa mbere umugore wa Macron yibasiwe kuva umugabo we atorewe kuba umukuru w’igihugu mu 2017, aho abamurwanya bigeze kubibasira ku buryo Emmanuel Macron yagiye kurongora uyu mugore umurusha imyaka 25 yose.

Uku kwibasirwa kuje mu gihe Ubufaransa bwitegura amatora yo mu 2022. Perezida Macron ntaravuga ku mugaragaro ko aziyamamariza ikindi gihe cya manda ya kabiri, ariko abatari bake ni byo biteze.

Ahanganye na Valérie Pécresse, umukandida wo ku ruhande rwa extrême droite wo mu Ishyaka ry’aba Repubulika, hamwe na Eric Zemmour, umunyamakuru wo kuri tereviziyo izwi cyane, akaba n’umwanditsi, na we nyine yiteze guserukira uruhande rw’abagendera ku byiyumviro/ibitekerezo bya cyera. (extrême droite).

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga