• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Urwego rwa ONU rwitambitse icyemezo cyo kwirukana abanyarwanda 8 bari muri Niger

Umwanditsi
January 2, 2022

Urwego rwashinzwe kurangiza imanza zasigajwe n’inkiko mpuzamahanga (International Residual Mechanism for Criminal Tribunals, IRMCT) rwategetse Leta ya Niger kuba ihagaritse icyemezo cyo kwirukana ba banyarwanda 8 baherutse kwimurirwa muri iki Gihugu bakuwe Tanzania.

Abanyarwanda umunani, bamwe muri bo barangije ibihano byabo, abandi nabo bagizwe abere mu byo bari bakurikiranyweho ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Mu kwezi gushize, aba banyarwanda boherejwe kuba muri Niger hisunzwe amasezerano hagati y’iki gihugu n’uru rwego rwa ONU/UN, ariko nyuma iki gihugu cyaje kwisubiraho gihita kibaha iminsi irindwi yo kuba bavuye muri iki Gihugu.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu, uwunganira aba banyarwanda mu rwego rw’amategeko, Hamadou Kadidiatou, yavuze ko iyi ngingo yafashwe n’ubuyobozi bwa Minisiteri y’umutekano mu gihugu iteye isoni.

Mu rwandiko rwaraye rwohererejwe iki gihugu na Joseph E. Chiondo Masanche wari uyoboye urukiko rw’uru rwego I Arusha mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, Niger yahawe igihe cy’iminsi 30 ngo ibe yatanze ubusobanuro bw’icyatumye ifata icyo cyemezo.

Umucamanza Masanche nkuko BBC ibitangaza, yibutsa Niger ko ingingo yo kubohereza muri iki gihugu yafashwe habaye ubwumvikane n’Urukiko, kandi ko Niger yari yemeye kubaha uburenganzira bwo kuba muri iki gihugu burundu.

Muri uru rwandiko, umucamanza Masanche avuga ko batandatu mu barebwa n’iyo ngingo bamusanze, bamwe basaba ko bahabwa umwanya kugira ngo bashake ahandi bashobora gutwarwa, abandi nabo basaba ko iyo ngingo ikurwaho.

Uru rwego rutegeka Niger ko nta n’umwe yakwirukanwa muri abo umunani bose gushyika habaye ubwumvikane hagati ya Leta y’icyo gihugu n’uru rukiko. Ntacyo Leta  ya Niger iratangaza ku mugaragaro haba ku byavuzwe na Hamadou cyangwa se na Masanche.

U Rwanda rwavuze ko rwiteguye kubakira, ariko bo bavuga ko muri iki gihe badashaka gusubira mu Rwanda kubera impungenge ku mutekano wabo.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga