• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Kamonyi-Nyarubaka: Byasabye ko Abapolisi barasa mu kirere ubwo bari basumbirijwe n’abaturage

Umwanditsi
January 23, 2022

Ni mu isantere y’ubucuruzi izwi ku izina rya Dubai, Akagari ka Ruyanza, Umurenge wa Nyarubaka, ubwo mu masaha y’ijoro mbere ya saa moya n’igice, Polisi yasanze abaturage mu tubari banywa batubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Yabakingiranye ntacyo bavuganye, nyuma bazana imodoka yo kubatwara. Babanje ku kabari kamwe, mu kandi aho bari imbere babona havutse ibibazo bashaka uko bahunga ariko Polisi yari ihageze. Aho gutegereza ko ifungura, bamennye urugi bashaka guhunga, batangiriwe bashaka guhangana. Polisi ibonye bikomeye ihitamo kurasa mu kirere kugira ngo ihoshe ibibazo byari bigeye kuhavuka.

Ibibazo byatangiye ubwo Polisi yageraga muri iyi Santere igasanga abacuruzi b’inzoga n’abanywi barimo imbere mu tubari batubahirije ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Nyuma y’uko Polisi ihise ibafungirana nkuko umwe mu bayobozi yabitangarije intyoza.com, haje kuvuka ikibazo babonye imodoka ya Polisi ihageze, ibanza mu kabari kamwe yari yafungiranyemo aba barimo kunywa, mu kugaruka ku ka kabiri abarimo bamena urugi basohoka bashaka guhunga, aribwo basakiranye, bashaka kurwanya Polisi yashakaga kubafata ngo ibatware.

Ku makuru yemezwa na Nyiramana Gaudence, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’uyu Murenge, aho nawe avuga ko atari ahari ko ari amakuru bamuhaye, avuga ko ubwo Polisi yahageraga, yasanze mu tubari barimo kunywa, ikabafungirana, ikazana imodoka ngo ibatware.

Gitifu, avuga ko Polisi izanye imodoka, bamennye inzugi bashaka guhunga, ariko Polisi nayo ishaka kubafata. Mu kubona ko havutse ibibazo kandi kuhava bigoye, barashe hejuru. Avuga ko nta muturage warashwe. Ahamya kandi ko muri iyi santere izwi nka Dubai ngo hasanzwe hakunda kuba abantu benshi bagendagenda ariko ko urugomo nk’uru rutahasanzwe.

Muri uku gushyamirana na Polisi, bamwe mu baturage bafashwe bapakirwa imodoka ya Polisi bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Musambira ari nayo ishinzwe uyu Murenge kuko ubwawo nta Polisi ihaba. Sitasiyo iba Musambira. Hari amakuru kandi avuga ko hari bamwe mu baturage bakomeretse, ariko bidatewe n’amasasu, harimo n’uwajyanwe kwa muganga ngo yitabweho.

Amakuru agera ku intyoza.com, ni uko ahabereye iki kibazo, Ubuyobozi bw’Akarere na zimwe mu nzego zikorera mu karere zirimo iz’umutekano kuri iki cyumweru hari gahunda yo kujya kuganiriza abaturage bo muri aka gace ku byaraye bibaye.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga