• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/11/25
Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa‘Muriture’ n’abakekwaho ibindi byaha
07/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
07/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
07/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws

Burundi: Amafoto ya Perezida Ndayishimiye yikoreye ibirayi avuye gukura yavugishije benshi

Umwanditsi
February 21, 2022

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 21 Gashyantare 2022, Perezida w’u Burundi, Evaliste Ndayishimiye yatunguye benshi ubwo yagaragaraga we n’Umugore we mu murima bari kumwe n’abaturage, bafatanya gukura ibirayi, bagapakira imifuka itari mike, ariko ikirenze ibyo nka Perezida agataha yikoreye umufuka w’ibirayi avanye mu murima aho yabikuraga(amafoto).

Perezida Evaliste Ndayishimiye, uretse kuba yagaragaye afatanya n’abaturage gukura ibirayi mu murima ndetse agataha abyikoreye, mu bihe bishize yagiye atungurana, ugasanga ari mu baturage barasangira urwagwa, ari ahagurirwa akaboga( inyama), anaherutse kandi kugaragara yambaye ibirenge ari kuvuza ingoma, yambaye neza neza nk’abavuzi bazo ku buryo utamuzi utamumenya.

Aha, Perezida Ndayishimiye yari afite isuka akura ibirayi.

Ku rubuga rwa Twitter rwitwa Ntare Rushatsi house rukoreshwa n’ibiro by’umukuru w’Igihugu cy’u Burundi, batangaje ko uyu murima Perezida Ndayishimiye n’umufasha we bagiye gukuramo ibirayi ari uwabo, ukaba uherereye ku musozi wa Matongo, Komine Ndava ho mu ntara ya Mwaro. Ni umurima ufite ubuso bwa Hegitari 6, ukaba wasaruwemo Toni 60 z’ibirayi.

Amwe mu mafoto ari mu murima anavayo yikoreye;

Uwo umuru iburyo ni umufasha we.

Perezida n’umugore we bari imbere y’abandi bose bikoreye ibirayi mu mifuka, bijyanye nuko buri wese abashije.
Umugore wa Perezida nawe yikoreye ibyo abasjije.
Aha, Perezida yari akiri gukura ibirayi ubona ko yishimye ku maso.
Umugore wa Perwzida afite isuka, ubona ko ahanze amaso ibirimo gukorwa bijyanye n’isarura.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5907 Posts

Politiki

4158 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1029 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga