• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Perezida Zelensky wa Ukraine yanze guhungishwa na Amerika

Umwanditsi
February 27, 2022

Ibinyamakuru bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitangaza ko umukuru w’igihugu cya Ukraine Volodymyr Zelensky yanze icyifuzo yahawe na Washington cyo kumufasha kuva mu gihugu mu gihe iwe intambara ikomeje guca ibintu.

Umwe mu bategetsi ba Amerika, nkuko ikinyamakuru Associated press kibivuga yatangaje ko yumvise Perezida Zelensky wa Ukraine avuga ko akurikije urugamba afite, ibyo akeneye ari ibirwanisho atari umunyenga.

Ikinyamakuru Washington Post nacyo gisubiramo abategetsi ba Amerika n’aba Ukraine bavuga ko Leta ya Amerika yari yiteguye gufasha Zelensky guhunga. Ni mu gihe Perezida Zelensky ashimagizwa cyane ku mbuga nkoranyambaga uburyo akomeje kwitwara muri iki gitero yagabweho n’Uburusiya.

Uyu mukuru w’igihugu wahoze ari umunyarwenya, yashyikirije ijambo ryo gutera intege aho yiyemeje gukomeza urugamba, akavuga ati: “Uramutse uduteye, uzatubona mu maso. Ntuzabona imigongo yacu”.

Yasohoye videwo yifashe wenyine kuri uyu wa gatanu imwerekana ari kumwe n’abategetsi bakuru ku murwa mukuru, maze ahagarika ibihuha byakwirakwizwaga ko yari yahunze umurwa mukuru Kyiv. Ati: “Twese turi hano. Kandi bizaguma bitya”.

Zelensky yasohoye kandi iyindi videwo ku rubuga rwa Twitter arimo atembera mu mihanda ya Kyiv, mu buryo bwo kubeshyuza ibihuha bivuga ko yasabye igisirikare kuyamanika kikishyikiriza ingabo z’Uburusiya.

Ari imbere y’inzu izwi nka Maison aux Chimères cyangwa se Maison Gorodetsky/Gorodetsky House i Kyiv, Zelensky yavuze ati: “Hari amakuru menshi y’ibinyoma anyura ku mbuga nkoranyambaga abeshya ngo nasabye abasirikare ko bamanika amaboko, kandi ko ngo hari igikorwa cyo guhungisha ababishaka”.

Akomeza ati” Ndi hano. Ntidushobora gushyira intwaro zacu hasi. Tuzarwanira igihugu cyacu“. NI mu gihe intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare biri mu nzira biva mu Bufaransa bijya muri Ukraine, mu buryo bw’inkunga y’ibihugu byo mu Burengerazuba mu gufasha iki gihugu gihanganye n’Uburusiya burimo buragisatira.

Perezida Zelensky yanditse kuri Twitter ko yari yavuganye na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa mu gitondo ko kuri uwu wa gatantatu, mu rundi “rugamba rushyashya rwa diplomasi”.

Zelensky yanditse ati: “Urunani/ubufatanye mu kurwanya iyi ntambara rurimo rurakora”.

Perezida Macron na we kuri uyu wa gatandatu yasohoye videwo yifashe we nyine avuga ati: “Intambara igiye gusutama/gukara, turasabwa kuyitegura”.

Igisirikare cya Ukraine nacyo cyasohoye ubutumwa cyanyujije kuri Facebook, kivuga ko kimaze kwica ingabo z’Uburusiya zirenga 3500 mu zateye igihugu, cyongera gifata mpiri abagera kuri 200. Kivuga kandi ko muri iyi ntambara yashojwe n’ Uburusiya, bumaze gutakaza indege 14, kajugujugu umunani, n’ibifaru 102, ariko BBC dukesha iyi nkuru ntishobora guhinyuza ibi bivugwa n’igisirikare cya Ukraine.

Kugeza ubu, Uburusiya bwo buvuga ko nta basirikare babwo burabura. Ni mu gihe Minisiteri y’Ingabo y’Uburusiya itangaza ko ingabo z’iki gihugu zigaruriye umujyi ukomeye wa Melitopol uri mu ntara ya Zaporizhzhya iri mu majyepfo ya Ukraine, nk’uko byandikwa n’ibiro ntaramakuru Reuters.

Ishyirahamwe ry’Ubumwe bw’Uburayi-EU, kuri uyu wa Gatanu ryafatiye ibihano abategetsi bakuru b’Uburusiya, ibituma abashinzwe imigenderanire babwo bibagora gufata ingendo. Uburusiya nabwo bwahise bufata ingingo zo kwihimura kuri ibi bihano bwafatiwe n’ibihugu byo mu Burengerazuba, mu kubuza indege z’Ubwongereza guca hejuru y’ubutaka bwabwo, aha bikaba kwari ukwihimura ku ngingo yo kubuza indege y’Uburusiya Aeroflot kujya muri icyo gihugu.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga