• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Muhanga: Umutekano uri hafi ya ntawo ku bakora mu ruganda Seven Hills

Umwanditsi
March 2, 2022

Abakozi b’Abanyarwanda n’Abanyamahanga bakora mu ruganda Seven Hills rukora amasafuriya, ruherereye mu cyanya cya Muhanga cyahariwe inganda mu Murenge wa Nyamubuye, Akagali ka Gahogo, bahangayikishijwe n’amabandi abategera mu nzira bavuye mu kazi akabambura. Uwo bateze bagasanga ntacyo afite barakubita bakagira intera.

Mujyanama Elisee, ukora muri uru ruganda avuga ko hari mugenzi we uherutse gutegwa n’aya mabandi, amwambura amafaranga yari afite, banamukubita icupa bamusiga baziko yapfuye.

Yagize ati” Mu minsi ishize mugenzi wanjye yavuye ku kazi atashye, agwa mu gaco k’ibisambo bimwambura amafaranga ndetse bamukubita icupa mu mutwe ajyanwa kwa muganga na bagenzi be baje nyuma”.

Mu kiganiro umunyamakuru wa intyoza.com yagiranye n’Umuyobozi Ushinzwe Imari n’Abakozi muri uru ruganda, akaba n’umuvugizi warwo, Umuhoza Chantal yavuze ko bamwe mu banyamahanga b’abahinde bashinzwe tekiniki y’imashini zikoreshwa muri uru ruganda bahangayikishijwe n’ababatega mu nzira bava mu kazi bakabambura. Avuga kandi ko ikibazo y’umutekano muke kuri bo kigeze n’ aho baba( bacumbika).

Yagize ati” Dufite abanyamahanga bakomoka mu buhinde badufasha mu bijyanye na Tekiniki z’imashini dukoresha, ariko bakunda guhura n’ibibazo bijyanye n’umutekano wabo kuko bakunda kwamburwa n’ibisambo ndetse bikaba bigeze n’aho batuye. Babiba bimwe mu bikoresho byo mu rugo ndetse n’imyambaro. Bahagaritse kuzinduka, baza bwakeye mu rwego rwo kwirinda ibibazo bashobora guhura nabyo mu mayira”.

Akomeza avuga ati” Dufite n’abandi bakozi bataha mu bice bituranye n’iki cyanya cy’inganda, ariko usanga baganira ko baraye bambuwe ndetse bamwe bakagaragaza ibimenyetso birimo inguma no gukubitwa igihe basanze ntakintu cyo kubambura bafite”.

Ahamya ko iki kibazo bakibwiye inzego zitandukanye zirimo; Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga, Polisi sitasiyo ya Nyamabuye ndetse n’Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), ariko ngo zose nta gisubizo gihamye batanze ari n’aho bakomora impungenge ku mutekano wabo.

Yagize ati” Nta rwego rutazi ikibazo cyacu kuko n’abo twatakiye bose ntacyo bavuga,  bityo ibi bituma tugira impungenge kuko nta mushoramari waza gushora imari kandi abona bene wabo bamerewe nabi kubera ubwambuzi bwa hato na hato bushobora kuzabambura ubuzima”.

Twashatse kumenya aya makuru, duhera ku muyobozi w’Akarere ka Muhanga, Madamu Kayitare Jacqueline ariko ntiyashobora kwitaba Telefoni ndetse ntiyanasubiza ubutumwa bugufi twamwoherereje.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude avuga ko iki kibazo batari bakizi ku murenge, ariko bagiye kugikurikirana cyaba gihari kigashakirwa umuti. Yongeraho ko ikibazo cy’umutekano kigeze kubaho, ariko ubuyobozi bukaba bushishikajwe no guhangana n’ibyatuma umutekano w’abantu n’ibintu udahungabana, ko bityo nta muturage ukwiye kugira ikibazo ubuyobozi buhari.

Abaturage baturiye izi nganda, bagaragaza ko hari inzererezi zirirwa zigendagenda muri iki cyanya ndetse zikitwikira ijoro zikambura abaturage n’abakozi bakora muri uru ruganda.

Uru ruganda, rukoresha abakozi 160 bafite amasezerano y’akazi ndetse bahemberwa ukwezi, ariko hakaba n’abakora bubyizi bashobora kwiyongera bitewe n’abasabye ibikorerwa muri uru ruganda.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga