• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana

DR Congo: Indirimbo ya Werrason yahagaritswe izizwa kubamo amagambo y’Urukozasoni

Umwanditsi
March 24, 2022

Indirimbo nshya yitwa “Protéger base” y’umuhanzi Werrason wo muri DR Congo yabujijwe gucurangwa kuko irimo “amagambo y’urukozasoni”, nk’uko bivugwa n’urwego rushinzwe gukurikirana muzika muri DR Congo. Nyirubwite ahakana ibivugwa, agashinja abahagaritse indirimbo kwica umuco.

Iki cyemezo ku ndirimbo ya Noël Ngiama Makanda ‘Werrason’ cyasohotse mu itangazo ryo kuwa mbere, ariko yari imaze iminsi ibiri isohotse kandi icurangwa ku maradio na televiziyo.

Urwo rwego rushinzwe ubugenzuzi bwa muzika ruvuga ko rwabanje gushyikirizwa iyi ndirimbo y’iminota 04:34 n’inzu ya Wenge Musica Maison Mère ya Werrason mbere y’uko isohoka. Rwongeraho ko bari bumvikanye n’iyi nzu itunganya muzika ko mbere yo kuyisohora babanza bakavanamo amagambo y’urukozasoni ayirimo.

Didi Kelokelo ukuriye icyo kigo asubirwamo n’ibinyamakuru byo muri RD Congo avuga ko batashoboraga kwemera ko iyi ndirimbo isohoka kubera “ibiterasoni biyirimo“. Nyuma y’uko isohotse mu bitangazamakuru, Kelokelo avuga ko batanze ikirego mu bucamanza kubera kurenga ku mategeko kwakozwe.

Werrason nkuko BBC ibitangaza, ahakana ko iyi ndirimbo nta magambo cyangwa amashusho y’urukozasoni ayirimo, ko iyo komisiyo ya Leta “irimo kwica umuco wa Congo ku busa”.

Radiookapi isubiramo Werrason agira ati: “Njyewe ndi ambasaderi w’amahoro nkaba n’umurezi. Nta na rimwe natanga amagambo abangamiye uburezi cyangwa umuco w’abantu, ntibishoboka“.

Werrason avuga ko indirimbo ye isaba “umuntu wese kurengera iby’agaciro kuri we; akazi, inzu ye, abana be, umuryango we“. Yongeraho ko ururimi rwa Lingala “rukennye ku buryo ntako wahindura amagambo amwe n’amwe” bikaba ngombwa ko amagambo amwe asobanurwa “nk’ikibi”.

Mu mpera z’umwaka ushize, ruriya rwego rugenzura muzika rwahagaritse indirimbo ‘Ya Tshitshi’ y’umuhanzi Bob Elvis, ibyo bamwe banenze nko kuniga ubwisanzure bw’abahanzi.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5815 Posts

Politiki

4066 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

995 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga