• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
16/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Nyamiyaga: Umurinzi(umuzamu) yishwe atemwe anatwerwa ibyuma

Umwanditsi
April 3, 2022

Ntakirutimana Jean Bosco w’imyaka 27 y’amavuko wari umurinzi w’umutekano(umuzamu) mu isantere y’Ubucuruzi ya Kabadaha, Akagari ka Bibungo, Umurenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka kamonyi, yishwe atemwe mu mutwe ndetse aterwa icyuma mu musaya n’abajura. Abantu bane mu bakekwa tutari butangaze amazina bamaze gutabwa muri yombi n’inzego z’Umutekano.

Imvano y’iyicwa ry’uyu murinzi wishwe mu masaha y’ijoro ryo kuri uyu wa 03 Mata 2022, ni abajura yari atesheje kwiba uwitwa Ndikumwenimana Modeste w’imyaka 22 y’Amavuko, umucuruzi w’Akabari muri iyo Santere ya Kabadaha. Ibyo aba bajura batahise bamenyekana bari bibye ni; Tereviziyo, Igare ndetse n’Amafaranga atamenyekanye umubare kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamiyaga, Mudahemuka Jean Damascene, yemereye intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Ko uwishwe ari umuzamu wacungaga umutekano ku isantere y’ubucuruzi ya Kabadaha, kumwe abacuruzi bikora bakishyiriraho abarinzi b’umutekano w’ibyabo bahemba.

Uwishwe, yajyanywe ku bitaro bya Remera Rukoma, ariko kandi n’inzego z’Umutekano zirimo Polisi na RIB ndetse n’abo muri Laboratwari y’U Rwanda y’Ibimenyetso bya Gihanga byifashishwa mu butabera (Rwanda Forensic Laboratory) bakaba bahageze bavuye Kigali mu rwego rwo gufata ibimenyetso n’amakuru nkenerwa.

Gitifu Mudahemuka, Avuga ko nyuma y’ibyabaye, nubwo bari basanzwe basaba abaturage gushyira imbere uruhare rwabo mu kwicungira umutekano, ngo noneho ingamba zirarushaho gukazwa ku buryo uruhare rwa buri wese usabwa kurara irondo rugaragara, utariraye agacibwa amande yagenwe. Avuga ko niba abajura bashobora kwica umuzamu bakagenda nta n’ubafashe cyangwa ngo ababone atabaze, ari ikigaragara ko hari icyuho kitari gikwiye.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga