• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
12/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
12/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
12/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana
12/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
12/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
12/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
12/06/25
Kamonyi-Rugalika: Umukozi wa RIB yahaye ikigwa imiryango ibana idasezeranye anabahishurira ibanga rikomeye ryo kurambana

Kamonyi: Abantu 31 nibo bamaze kumenyekana ko bakomereyeke mu mpanuka barimo 8 bikabije

Umwanditsi
April 8, 2022

Impanuka ibaye kuri uyu wa 08 Mata 2022 mu ma saa tanu z’amanywa mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge hafi neza y’ahazwi nka Rwabashyashya wenda kugera ahazwi nko mu isantere y’Ubucuruzi ya Nkoto, ikomerekeyemo abantu 31 barimo 8 bakomeretse bikomeye.

Amakuru intyoza.com ikura ahabereye iyi mpanuka, haba ku bari bahari bareba ibiba, haba na zimwe mu nzego z’ubuyobozi zahageze, aremeza ko abantu bamaze kumenyekana ndetse bajyanywe kwa muganga bakomeretse ari 31, aho muri aba barimo umunani bakomeretse bikomeye. Gusa kugeza dukora iyi nkuru nta muntu wari wakamenyekana ko yaba yayiguyemo.

Abakomeretse, hoherejwe Ambiransi cyangwa se Imbangukiragutabara 6 arizo zafashije mu kujyana inkomere ku kigo nderabuzima cya Kamonyi ahazwi nko ku Masuka ya Papa. Muri aba bakomeretse, bane(4) bahise bihutanwa i Kigali kuko byagaragaraga ko bakomeretse bikomeye cyane. Bishoboka ko hari n’abari bwoherezwe ahandi nko ku bitaro bya Remera-Rukoma.

Iyi mpanuka, bivugwa ko intandaro ari ikamyo yikorera umucanga izwi nka HOHO yamanutse munsi y’Akarere ka Kamonyi yerekeza Nkoto, ikabura feri hanyuma ikagonga imodoka zitari nke zari ziyiri imbere.

Kuba imodoka zari nyinshi mu muhanda, nabyo biri guterwa nuko hagati ya Bishenyi na Ruyenzi ho mu Murenge wa Runda hacitse, aho ubu umuhanda bawusatuye bakaba bari kurwana no kuwukora. Byatumye imodoka zose ziva n’izigana mu Majyepfo zinyuzwa mu muhanda muto wa Ruyenzi, Gihara Nkoto. Umuhanda muto wari usanzwe utagendwa cyane ndetse hari hamwe imodoka zihanyuze zidashobora kubisikana. Gusa na none hari undi muhanda umanuka uva Gihara unyura ku ivuriro ry’amaso ku Muganza, aha kubera imvura haba ubwo nta modoka yahamanuka.

Ahari gukorwa umuhanda hafi na Bishenyi naho imvura yo kuri uyu wa kane yabyivanzemo.
Ahabereye impanuka, hoherejwe Imbangukiragutabara 6 zo gutwara inkomere.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5815 Posts

Politiki

4066 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

995 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga