• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
06/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
06/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
06/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi

Perezida Kagame i Brazzaville ati“ Tuve mu magambo”

Umwanditsi
April 12, 2022

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, mu ruzinduko rw’iminsi itatu arimo mu gihugu cya Congo Brazzaville, yavuze ko abategetsi ba Africa bagomba kuva mu magambo meza y’imyaka myinshi bakajya mu bikorwa kandi bakabijyamo “nk’ibyihutirwa”.

Ku wa mbere w’iki cyumweru, Perezida Kagame yabwiye inteko ishingamategeko ya Congo Brazzaville amagambo arimo ibyo igihugu cye cy’u Rwanda cyagezeho, ibyo Africa iri kugeraho, n’imbogamizi zikiriho.

Mu ijambo yatangije amagambo macye y’igifaransa, ururimi rukoreshwa muri Congo Brazzaville, yavuze ko abanyafurika bagomba gushyira hamwe kugira ngo bubake “umugabene ukomeye”.

Perezida Kagame, yavuze ko Covid-19 yahaye isomo isi, na Africa, ryo kwitegura ibyorezo by’ahazaza.

Muri iyo ntero nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yavuze ko u Rwanda, Senegal, na Ghana, bifashijwe n’abaterankunga, biri mu bikorwa byo gukora inkingo “zazafasha ibyo bihugu n’ahandi muri Africa”.

Yakomoje ku bufatanye bw’ibihugu mu kurwanya imitwe y’iterabwoba mu burasirazuba bwa DR Congo, anavuga ku nyungu zo kwinjira kwayo mu muryango w’ibihugu bya Africa y’iburasirazuba.

Yagize ati:” Ikibura [muri iyo migambi myiza] ni ukujyana twese hamwe tuve mu magambo tujye mu bikorwa, tukabijyamo nk’ibyihutirwa. Ntabwo twakwishimira kuvuga ibyiza imyaka n’imyaka…ariko tutabigeraho“.

intyoza

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5906 Posts

Politiki

4157 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1028 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga