• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye
09/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
09/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
09/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
09/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Muhanga-Igitondo cy’Isuku: Guverineri Kayitesi yasabye ababyeyi gutoza abakiri bato kugandukira isuku

Umwanditsi
April 20, 2022

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice yasabye ababyeyi kwirinda ko abana babo bagira umwanda, ko ahubwo bakwiye kubatoza gukurana isuku. Ibi, abihera ku kuba mu ntara y’Amajyepfo hari uduce usanga ababyeyi batarumva neza icyiza cy’isuku ndetse no kuyisakaza mu bakiri bato, ibigoye ko bayibatoza mu gihe nabo ntayo.

Guverineri Kayitesi, ibi yabigarutseho kuri uyu wa 18 Mata 2022 ubwo yakoranaga igitondo cy’Isuku n’abaturage bo mu karere ka Muhanga, Umurenge wa Shyogwe, Umudugudu Gasharu n’uwa Kigarama ahitwa muri “Kata duhure”.

Abaturage bakoranye igitondo cy’ isuku na Guverineri.

Yagize ati” Nibyo mwitabiriye igitondo cy’isuku, ariko turabasaba ko mwatoza abakiri bato kuyigira umuco kuko twabonye ko hari ababyeyi batarabasha kumva neza ikijyanye n’isuku. Abakiri bakuru bagomba kumva ko bakwiye kuyigisha abakiri bato bakamenya uko bagomba kwitwara kuko usanga hari ababyeyi bataramenya uko bakwiye kwigisha abana babo kwirinda umwanda”.

Mukakamazi Theonille, umuturage witabiriye igitondo cy’isuku avuga ko agiye gukangurira abato kwitwara neza kandi bakirinda ibyatuma isuku igenda nabi. Ati” Byarangoye kumva ko isuku indeba, ariko ngiye gukangurira abakiri bato kwirinda, babere abandi ikitegererezo”.

Umubonye utamuzi afite umweyo akubura wagira ngo ni umuturage usanzwe ariko uwo ni Guverineri Alice Kayitesi.

Mugengana Theopiste, yavuze ko yatunguwe no kubona Guverineri na Meya baje kwifatanya nabo kwanga umwanda. Asaba abaturage bagenzi be guhagurukira igikorwa cyo kwanga umwanda, guhagurukira kuwurwanya mu ngo zabo no mu gace batuyemo no kwigisha abakiri bato kuwirinda.

Yagize ati” Natunguwe no kubona Guverineri wacu adusura ndetse arikumwe na Meya baje kudufasha gukuraho umwanda kandi tukabikora mu ngo zacu no mubo duturanye tugamije kwereka abakiri bato kwanga umwanda no kuwurwanya nk’inshingano zacu uko tumeze kose”.

Nyuma yo gukorana igitondo cy’Isuku, Guverineri yaganiriye n’Abaturage.

Nubwo aba baturage bavuga gutya ariko, banagaya bamwe muri bagenzi babo bitabira ibikorwa mu midugudu ariko ntibabashe kumva ko basabwa kuba aba mbere mu kwanga ibibasubiza inyuma mu mibereho myiza.

Simeon Ntarindwa, avuga ko atifuza kumva umuturage utarabasha kumva neza ibijyanye n’isuku. Asanga ntawe ukwiye guha urwaho umwanda yitwajwe ko bazawumukiza.

Yagize ati” Aho Igihugu kigeze ntabwo numva impamvu bagenzi banjye batarabasha kumva neza ibijyanye n’igitondo cyitiriwe isuku kuko ni twebwe tugomba kukigiramo uruhare kuko ntawe ukwiye kwitwaza ko bazamukorera isuku”.

Si ubwa mbere itangazamakuru ribonye abaturage bagaya bagenzi babo kubera kutubahiriza gahunda zishyirwaho n’inzego z’ibanze nyamara kandi ureba ugasanga aribo zifitiye akamaro. Hari n’aho usanga bamwe bafata iya mbere mu kwibutsa bagenzi babo ko ubuzima buruta ibindi byose, bakabasaba kwitwararika no kugandukira gahunda baba bashyiriweho kuko byose bikorwa ku neza y’umuturage, haba mu kugira ubuzima bwiza no kugira icyerekezo cyiza cy’iterambere.

Igitondo cy’Isuku ni gahunda iherutse gutangizwa mu kwezi gushize mu Ntara y’Amajyepfo yose mu turere umunani tuyigize, nubwo yari isanzwe mu Karere ka kamonyi aho Guverineri Kayitesi yabaye Meya mbere yo kugirwa Guverineri. Igamije kwimakaza umuco w’isuku haba mu ngo z’abaturage, ahabegereye ndetse n’ahahurira abantu benshi. Ni igikorwa kiba buri wa Kabiri w’icyumweru kigahuza inzego z’Ubuyobozi n’Abaturage hagamijwe Isuku kandi mu turere twose.

Akimana Jean de Dieu

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga