• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
19/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
19/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
19/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Emmanuel Macron yatsinze Marine Le Pen mu kiciro cya 2 cy’Amatora

Umwanditsi
April 24, 2022

Mu ibarura ry’ikiciro cya Kabiri cy’amajwi y’agateganyo y’amatora ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu cy’ Ubufaransa, ibyamaze gutangazwa bigaragaza ko Emmanuel Macron usanzwe ayobora iki Gihugu, ariwe uri ku isonga. Ibitangazamakuru byo muri iki Gihugu, byatangaje ko mu bimaze gushyirwa hanze, Macron afite amajwi 58% mu gihe Marine Le Pen bahanganye afite 42%.

Igihe hatangazwaga by’agateganyo ibimaze kuva mu ibarura ry’amajwi, imbaga y’abantu bashyigikiye Macron, bari bateraniye mu busitani buri hafi y’umunara uzwi cyane wa Tour d’Eiffel I Paris basazwe n’ibyishimo batera hejuru baririmba intsinzi y’umukandida wabo, bavuga mu majwi y’urwunge “Macron, President”.

Emmanuel Macron, iyi ni manda ya Kabiri y’imyaka itanu yongeye gutorerwa ngo akomeze kuyobora Ubufaransa. Ni mu gihe kandi kuri mukeba we Le Pen bari bahanganye ari inshuro ya kabiri amutsinze, ikaba iya Gatatu yiyamamaza kuri uyu mwanya.

Muri aya matora, iki cyiciro cya kabiri cyitabiriwe ugereranije n’umwaka wa 2017 kuko mbere abitabiriye bari ku gipimo cya 25% mu gihe ubu bari ku gipimo cya 28%. Marine Le Pen watsinzwe amatora, yabwiye abamushyigikiye nkuko BBC ibitangaza ko nubwo atsinzwe ariko urugamba rwo rutarangiye kandi ko bageze ku musaruro w’amateka.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga