• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
14/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
14/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
14/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi-Runda: Imvubu zakutse Nyabarongo zijya konera umuturage Nteziryayo Xavier, aratabaza

Umwanditsi
May 9, 2022

Mu masaha y’ijoro ryo kuri uyu wa 08 Gicurasi 2022 imvubu zakutse uruzi rwa Nyabarongo ku ruhande rw’Umurenge wa Runda, Akagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Rubumba zijya mu murima uhinzemo ibijumba, ibigori na Soya by’umuturage Nteziryayo zirarya. Nyiri ukonerwa yatekereje kwihimura ngo azitege ariko umutimanama uramwangira. Asaba abo bireba kuhagera bakishyurira izi mvubu zamwoneye ariko kandi bakanazirinda kujya kona.

Umuturage Nteziryayo wonewe n’imvubu zakutse uruzi rwa Nyabarongo aho zibarizwa, yabwiye intyoza.com ko iyi ari inshuro ya kabiri yonerwa n’izi nyamaswa. Avuga ko aba yahinze agamije kwihaza no gusagurira amasoko, ko kuba yakomwa mu nkokora n’izi Nyamaswa ziba mu mazi y’uruzi rwa Nyabarongo ari ibintu abonamo akarengane.

Inzira imvubu zanyuze zivuye mu mazi ya Nyabarongo zijya kona.

Yagize ati“ Umuntu ahingira kugira ngo azasarure, ahingira umuryango kandi burya iyo uhinze ugasagurira n’isoko uba wagaburiye mugenzi wawe. None nk’ibi bisimba biba mu mazi, bifite ababicunga n’ababigenga! aho kugira ngo ibintu by’urugomo bibeho kuko nashatse gucukura umwobo ngo mbitege bigwemo, nasanze naba nangije ibisimba bya Leta cyangwa umutungo wa Leta kuko niyo izi akamaro kabyo n’impamvu babishyize muri aya mazi. Ndasaba rero ko narihwa, ibi bisimba ubuyobozi bubyishyurire kuko byanyoneye kandi si ubwa mbere, kandi ibyanjye birindirwe umutekano”.

Nteziryayo, avuga ko yatakambiye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kuko atari azi indi nzira yanyura, avuga kandi ko abaturage batandukanye babonye akarengane yakorewe n’izi nyamaswa, agasaba ko abo bireba bita ku kibazo cye n’izi mvubu.

Aho zakandagiye zijya kona.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kuva ku rwego rw’Umudugudu wa Rubumba kugera ku rwego rw’Umurenge wa Runda, babwiye intyoza.com ko mu masaha y’igitondo cy’uyu wa mbere barajya kureba aho izi mvubu zonnye kugira ngo uyu muturage akorerwe raporo, anagirwe inama y’inzira anyuzamo ikibazo cye kugira ngo gikurikiranwe. Bavuga kandi ko bitari bisanzwe ko muri aka gace hari abaturage bagaragaza ibibazo byo konerwa n’izi nyamaswa zisanzwe ziba muri Nyabarongo.

Uyu muturage wonewe, avuga ko nkuko izi Nyamaswa zikeneye umutekano mu mazi zibamo, abantu bakaba basabwa kutazenderanyaho ngo bazisagarire, ngo nazo zikwiye kurindwa zikabuzwa kwangiriza abaturage, zibonera ibyo baba bahinze bavunikiye. Ahamya ko we, aho yahinze atari mu murima we, ko yahashoye amafaranga akodesha akahahinga ngo azasarure yihaze kandi anasagurire isoko, ko rero igihe asagariwe n’izi nyamaswa akwiye kugobokwa, akishyurwa ibyo zangije.

Muri uru ruzi rwa Nyabarongo muri iki gice cyegamiye Umurenge wa Runda, by’umwihariko muri aka gace izi Mvubu zonnyemo n’ahandi hahegereye, hakunze kuba inyamaswa z’inkazi zo mu mazi arizo; Ingona n’imvubu. Icyari kimenyerewe ni imvubu zavaga mu mazi zikaza imusozi ndetse zikagaragara zirishanya n’inka hafi n’uruzi, ariko nibwo humvikanye ko zisigaye zonera abaturage. Ingona zo birazwi ko muri aya mazi nta mikino kuwo zihuye nawe kuko zimaze gutwariramo abatari bake muri aka gace.

Umuturage Nteziryayo yitegereza ayo imvubu zamukoreye.

Hari agace bahisemo gukura ibijumba biteze.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga