• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/06/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
26/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa
26/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
26/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire

Eric Gisa Rwigema (Junior), Umuhungu wa Gen Major Fred Rwigema ari Kigali mu Rwanda

Umwanditsi
June 25, 2022

Amezi hafi 10 Perezida Kagame yifuje ko uyu muhungu Eric Gisa Rwigema wa Nyakwigendera, intwari y’Igihugu Gen Major Fred Gisa Rwigema ataha mu Rwanda, akareka kuba hanze yarwo. Yabisabye ku mugaragaro ubwo yatahaga ubukwe bwa Teta Gisa Rwigema bwabaye mu kwezi kwa 11 umwaka ushize wa 2021. Hari amakuru yemeza ko uyu muhungu amaze iminsi ari i Kigali.

Amakuru y’uko Eric Gisa Rwigema (Junior), Umuhungu wa Gen Major Fred Gisa Rwigema ari mu Rwanda, nta rwego na rumwe rwa Leta y’u Rwanda rurayatangaza nkuko ikinyamakuru intego dukesha iyi nkuru kibivuga.

Gusa, kuba nta rwego rw’ubutegetsi bw’u Rwanda rurabitangza, ntabwo bisobanuye ko atari ukuri kuko iki kinyamakuru kivuga ko hari amakuru gikesha umwe mu babonanye n’uyu muhungu, ahamya ko ari I Kigali ndetse ahamaze iminsi.

Uwatanze aya makuru, yemeza ko uyu musore yageze i Kigali mu Rwanda nyuma gato y’urugendo rwa Gen Muhoozi Kainerugaba, umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni ubwo aheruka i Kigali.

Igihugu cya Uganda cyagiye gishyirwa mu majwi cyane n’ubutegetsi bw’u Rwanda ku kugira uruhare mu gutuma Eric Gisa Rwigema (Junior), adataha mu Rwanda.

Mu bukwe bw’umukobwa wa Gen Major Fred Gisa Rwigema, Teta Gisa Rwigema, akaba na mushiki wa Eric Gisa Rwigema, bwabaye mu kwezi k’Ugushyingo 2021, Perezida Kagame yatumye umubyeyi w’aba bana bombi, gusaba uyu musore gutaha kuko atifuzaga ko aba hanze y’Igihugu se yaharaniye ko kigira amahoro.

Mu ijambo rya Perezida Kagame wari muri ubu bukwe, yagize ati“ Teta ndagutuma, ndibutume Jeannette (umugore wa Rwigema) ndetse ndi butume na nyogokuru. Hano ntabwo nabonye umuhungu wa Gisa, ngira ngo ntabwo yashoboye gutaha ubu bukwe, mu mumbwirire ko yari akwiye kuba ari hano. Akwiye kuba ari mu gihugu se n’abandi twese twaharaniye tukaba twarakibonye. Mu mumpere ubutumwa, sinshaka ko umuhungu wa Fred yaba hanze cyangwa yaba impunzi.”

Perezida Kagame ubwo yasabaga uyu muhungu gutaha, yavuze ko ava aho atuye akaza mu gihugu cy’abaturanyi agasubirayo atageze mu Rwanda, n’ubwo igihugu cy’abaturanyi atakivuze mu buryo bweruye, benshi bahurije ku gihugu cya Uganda cyane ko ari cyo bivugwa ko yageragamo ntagere I Rwanda.

Uwahaye amakuru ikinyamakuru intego, akaba yemeza ko yabonanye na Eric Gisa Rwigema I Kigali ariko utashatse ko amazina ye atangazwa, yagize ati“ Arahari nibyo, ahamaze iminsi n’ubwo ntazi italiki nyakuri yagereyeho i Kigali, yabaga muri Amerika ntacyo yakoraga kizwi birashoboka cyane ko yaguma hano agakorera igihugu cye.”

Aya makuru yo gutahuka mu Rwanda kwe, aje nyuma gato y’uko mushiki we Teta Gisa Rwigema, agizwe umuyobozi ushinzwe umuryango wa Afurika yunze ubumwe (African union desk) muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

Hari ababona ko kuba Eric Gisa Rwigema (Junior) yataha mu Rwanda cyaba ari ikindi gitego ubutegetsi bw’u Rwanda butsinze ababurwanya kuko byigeze kuvugwa kenshi ko yegerewe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bamusaba kuba yaba umwe muribo ndetse ngo akaba yaranabishishikarijwe na kimwe mu bihugu byari bifitanye ibibazo n’u Rwanda mu minsi ishize, ariko ibyo bibazo bikaba bisa n’ibyavugutiwe umuti kuko birimo guhinduka ibisubizo.

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5821 Posts

Politiki

4072 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga